U Rwanda na Uganda birongera guhurira muri Angola kuri iki cyumweru
Ibihugu by’u Rwanda na Uganda birasubira muri Angora kuri iki cyumweru tariki 02 Gashyantare 2020 mu biganiro bigamije gushakira hamwe umuti w’ikibazo cy’umubano umaze iminsi utifashe neza hagati y’u Rwanda na Uganda.
- Abakuru b’ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Angola na DR Congo baherukaga guhurira i Luanda muri Angola tariki 12 Nyakanga 2019 (Ifoto:Urugwiro)
Umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, abinyujije kuri Twitter, yatangaje ko iyo nama ya gatatu yiga kuri icyo kibazo izaba irimo abahagarariye ibihugu by’u Rwanda na Uganda ndetse n’abahuza b’impande zombi ari bo Perezida wa Angola João Lourenço, na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Third Quadripartite Summit on relations between #Uganda🇺🇬 & #Rwanda🇷🇼, to be held in #Luanda this Sunday 2nd February 2020, under the facilitation of Presidents João Lourenço of #Angola🇦🇴 & Félix Antoine Tshisekedi of #DRC🇨🇩.
With good faith and resolve, we can end this crisis. https://t.co/uVhxpyx6ym
— Amb. Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) January 31, 2020
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Angola na yo yemeje amakuru y’iyi nama, ivuga ko Perezida wa Angola, João Lourenço, ari we watumiye bagenzi be b’u Rwanda, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo bongere baganire ku kibazo cy’umutekano n’imibanire hagati y’ibihugu byo mu Karere.
President João Lourenço has invited is counterparts Félix Tshisekedi (DRC), Paul Kagame (Rwanda) and Yoweri Museveni (Uganda), for another Quadripartite Summit in Luanda this Sunday. Security matters and regional cooperation will be at the heart of the discussion.🇦🇴🇨🇩🇷🇼🇺🇬 pic.twitter.com/7GTgnNokEt
— MOFA / MRE Angola (@angola_Mirex) January 31, 2020
- Abahagarariye ibihugu by’u Rwanda, Uganda, Angola na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bagiye kongera guhurira mu biganiro (Ifoto: Urugwiro)
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Birukanywe muri Uganda batandukanywa n’ababyeyi babo
- Mu mitungo nari mfite ntahanye urufunguzo rw’imodoka gusa - Uwari ufungiye muri Uganda
- Yakorewe iyicarubozo muri Uganda bamujugunya ku mupaka atabasha kugenda (ubuhamya)
- Hari Abanyarwanda bafungirwa muri Uganda barara bakubitwa insinga (ubuhamya)
- Abanyarwanda 6 bari bafungiye muri Uganda bagejejwe mu Rwanda harimo utabasha kugenda
- Hari abasirikare ba Uganda binjiye mu Rwanda bashimuta abantu – Minisitiri Biruta
- Nabaye mu musarane amezi 6 ku mapingu nambaye uko navutse - Umwe mu barekuwe na Uganda
- Abanyarwanda 12 bari bafungiye muri Uganda bageze mu Rwanda
- Abandi Banyarwanda barekuwe na Uganda bageze mu Rwanda
- U Rwanda rumaze kwakira abandi Banyarwanda bari bafungiwe muri Uganda (Video)
- Uganda igiye kurekura Abanyarwanda 130 yari ifunze mu buryo budakurikije amategeko
- Gutoterezwa muri Uganda bitumye yiyemeza gushakira imirimo mu Rwanda
- Dore imyanzuro ifatiwe mu nama yaberaga ku mupaka wa Gatuna/Katuna
- Amafoto: Kagame, Museveni, Tshisekedi na Lourenço bageze i Gatuna
- Perezida Kagame yakiriye João Lourenço na Tshisekedi mbere yo kwerekeza i Gatuna
- Perezida wa Angola João Lourenço araye mu Rwanda
- Nzabonimpa ngo bamujyanye mu gitero cya Kinigi bamushoreye nk’intama
- U Rwanda rwakiriye neza irekurwa ry’Abanyarwanda bari bafungiye muri Uganda
- Abanyarwanda 15 barekuwe na Uganda bageze mu Rwanda
- Uganda yarekuye Abanyarwanda 13
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Imana ibafashe bumvikane turebe ko twakongera kuba umwe pe.agahinda ni kose ku baturage bose.babe abagabo pe.inama zingana gutya nta mwanzuro byaba bibi.
iyi nama twizere ko intumwa za Uganda zitongera gusinzira nkuko byagenze ubushize muri Uganda,kubwa bariya bakuru b,ibihugu baraba bayitabiriye dushobora kugira icyizere ko umusaruro wayo uzaba mwiza mu buryo butanga icyizere.
inzira zo gushaka amahoro nta gucogora reka dukomeze dusenge,umubana Wacu na Uganda igitotsi kizavamo.