U Rwanda na Uganda birongera guhurira muri Angola kuri iki cyumweru
Ibihugu by’u Rwanda na Uganda birasubira muri Angora kuri iki cyumweru tariki 02 Gashyantare 2020 mu biganiro bigamije gushakira hamwe umuti w’ikibazo cy’umubano umaze iminsi utifashe neza hagati y’u Rwanda na Uganda.
Umunyamabanga wa Leta y’u Rwanda muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, abinyujije kuri Twitter, yatangaje ko iyo nama ya gatatu yiga kuri icyo kibazo izaba irimo abahagarariye ibihugu by’u Rwanda na Uganda ndetse n’abahuza b’impande zombi ari bo Perezida wa Angola João Lourenço, na Perezida Félix Antoine Tshisekedi wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Third Quadripartite Summit on relations between #Uganda🇺🇬 & #Rwanda🇷🇼, to be held in #Luanda this Sunday 2nd February 2020, under the facilitation of Presidents João Lourenço of #Angola🇦🇴 & Félix Antoine Tshisekedi of #DRC🇨🇩.
With good faith and resolve, we can end this crisis. https://t.co/uVhxpyx6ym
— Amb. Olivier J.P. Nduhungirehe (@onduhungirehe) January 31, 2020
Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga muri Angola na yo yemeje amakuru y’iyi nama, ivuga ko Perezida wa Angola, João Lourenço, ari we watumiye bagenzi be b’u Rwanda, Uganda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, kugira ngo bongere baganire ku kibazo cy’umutekano n’imibanire hagati y’ibihugu byo mu Karere.
President João Lourenço has invited is counterparts Félix Tshisekedi (DRC), Paul Kagame (Rwanda) and Yoweri Museveni (Uganda), for another Quadripartite Summit in Luanda this Sunday. Security matters and regional cooperation will be at the heart of the discussion.🇦🇴🇨🇩🇷🇼🇺🇬 pic.twitter.com/7GTgnNokEt
— MOFA / MRE Angola (@angola_Mirex) January 31, 2020
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Imana ibafashe bumvikane turebe ko twakongera kuba umwe pe.agahinda ni kose ku baturage bose.babe abagabo pe.inama zingana gutya nta mwanzuro byaba bibi.
iyi nama twizere ko intumwa za Uganda zitongera gusinzira nkuko byagenze ubushize muri Uganda,kubwa bariya bakuru b,ibihugu baraba bayitabiriye dushobora kugira icyizere ko umusaruro wayo uzaba mwiza mu buryo butanga icyizere.
inzira zo gushaka amahoro nta gucogora reka dukomeze dusenge,umubana Wacu na Uganda igitotsi kizavamo.