Perezida Kagame yitabiriye inama y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye inama y’inteko rusange isanzwe ya 34 y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, ikaba yateranye hakoreshejwe uburyo bw’ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.

Biteganyijwe ko Perezida Kagame ageza ku bitabiriye iyi nteko raporo igaragaza amavugurura yakozwe mu nzego z’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe.
Perezida Kagame aranavuga ku bijyanye n’ibyakozwe bigamije gutera inkunga urwego rw’ubuzima kuri uyu mugabane wa Afurika, cyane cyane mu guhangana n’icyorezo cya Afurika gikomeje kugaragara hirya no hino muri Afurika no ku isi muri rusange.
President Kagame is now attending the 34th Ordinary Session of the @_AfricanUnion Assembly
where he will be presenting a report on the Institutional Reform of the African Union as well as an update on Domestic Health Financing. #AUSummit2021 #AUSummit pic.twitter.com/SUh8hxIEyy— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) February 6, 2021
“I take this opportunity to emphasise the importance of our domestic health financing agenda, particularly in light of the Covid-19 pandemic. Without strong national health systems in every country, our continent will remain vulnerable to pandemics.” President Kagame | #AUSummit pic.twitter.com/IPolIDvmuI
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) February 6, 2021
Ohereza igitekerezo
|