Perezida Kagame yashimiye Roch Marc Christian Kaboré wongeye gutorerwa kuyobora Burkina Faso
Yanditswe na
KT Editorial
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yifurije ishya n’ihirwe mugenzi we wa Burkina Faso, Roch Marc Christian Kaboré, wongeye gutorerwa kuyobora iki gihugu, anamwizeza ubufatanye mu gukomeza guteza imbere umubano w’ibihugu byombi.

Amatora muri Burkina Faso yabaye tariki 22 Ugushyingo 2020, Roch Marc Christian Kaboré akaba yaregukanye intsinzi ku majwi 57,87%. Atorewe kuyobora manda ya kabiri nyuma y’indi manda y’imyaka itanu yari ashoje kuva muri 2015.


Congratulations to my brother @rochkaborepf on his re-election as President of Burkina Faso. We look forward to further strengthening our good relations and cooperation for the mutual benefit of our people and nations.
— Paul Kagame (@PaulKagame) December 19, 2020
Ohereza igitekerezo
|