Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Zambia

Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere tariki 4 Mata 2022, yageze i Livingstone mu murwa w’ubukerarugendo, muri Zambia, akaba ari ho yatangiriye uruzinduko rw’akazi rw’iminsi ibiri.

Perezida Kagame akigera ku kibuga cy’indege yakiriwe na mugenzi we Hakainde Hichilema.

Kuri Twitter Perezida wa Zambia Hakainde, yifurije ikaze Perezida Kagame.

Ati: “Ikaze kuri Nyakubahwa Paul Kagame w’u Rwanda, k’ubw’uruzinduko muri Zambia.”

Hakainde yasoje ubu butumwa bwe akoresha ikinyarwanda n’andi magambo yo mu rurimi rw’ikibemba ati “Murakaza neza, Mwaiseni, Mwatambulwa.”

Nk’uko ibitangazamakuru byo muri Zambia byabitangaje, abakuru b’ibihugu byombi baraza kugirana ibiganiro biza gukurikirwa no guhagararira umuhango wo gusinya amasezerano arindwi y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Turabakunda kandi tuzakomeza tubakunde murakoze

Habimsna juapour yanditse ku itariki ya: 5-04-2022  →  Musubize

Turabakunda kandi tuzakomeza tubakunde murakoze

Habimsna juapour yanditse ku itariki ya: 5-04-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka