Perezida Kagame yagiriye uruzinduko muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE)
Perezida w’u Rwanda Paul Kagame, kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Kamena 2022 yakiriwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, UAE, Sheikh Shakhboot Bin Nahyan Al Nahyan.

Perezida Kagame uri i Abu Dhabi, muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu biteganyijwe ko yunamira Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan wari perezida w’iki gihugu witabye Imana mu kwezi gushize afite imyaka 73, ndetse arageza ubutumwa bw’akababaro kuri Perezida Sheikh Mohamed Bin Zayed Al Nahyan.
Iki gihugu kiracyari mu minsi 40 y’icyunamo.

Sheikh Khalifa yari Perezida w’iki gihugu guhera mu 2004. Ashimirwa uruhare rwe mu gutuma igihugu kirushaho kumenyekana mu ruhando mpuzamahanga.
Perezida Kagame yaherukaga kugirira uruzinduko muri UAE muri Nzeri umwaka ushize ubwo yitabiraga inama itegurwa n’Umuryango wo mu Busuwisi uzwi nka ‘WPC Foundation’ yiga kuri Politiki y’ububanyi mpuzamahanga n’ubukungu, inama yabereye i Abu Dhabi.
Earlier today, President Kagame met with H.H Sheikh @MohamedBinZayed and presented his condolences for the passing of H.H. Sheikh Khalifa bin Zayed Al Nahyan. The meeting also discussed the ongoing bilateral cooperation between the two countries. pic.twitter.com/HSK4jxe9yP
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) June 15, 2022
Ohereza igitekerezo
|