Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na Gen. Muhoozi Kainerugaba
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Werurwe 2022, yakiriye Lt Gen Muhoozi Kainerugaba, umuhungu wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, akaba n’Umugaba w’Ingabo za Uganda zirwanira ku butaka.

Gen. Muhoozi usanzwe ari n’umujyanama wa Perezida Museveni, yageze i Kigali mu masaha ya mu gitondo kuri uyu wa Mbere, ibiganiro bye na Perezida Kagame bikaba byibanze ku mubano w’ibihugu byombi, nk’uko ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byabitangaje.
Ubwo yari ageze mu Rwanda, Lt Gen Muhoozi yakiriwe n’abayobozi bo muri Ambasade ya Uganda mu Rwanda hamwe n’abo mu nzego z’umutekano z’u Rwanda.

Ni uruzinduko rwa kabiri agiriye mu Rwanda muri uyu mwaka wa 2022, dore ko yahaherukaga tariki 22 Mutarama 2022, icyo gihe agirana ibiganiro na Perezida Kagame, byibanze ku kunoza umubano w’ibihugu byombi.
Ni ibiganiro yakunze kugaragaza ko byatanze umusaruro abinyujije ku mbuga nkoranyambaga, kuko nyuma y’ibyo biganiro hagiye hatangazwa gahunda zijyanye no koroshya ubuhahirane bw’ibihugu byombi no gufungura imipaka.


President Kagame is now meeting with General @mkainerugaba, Senior Presidential Advisor on Special Operations and Commander of UPDF Land Forces to discuss Rwanda-Uganda relations. pic.twitter.com/5X8MgcO64d
— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) March 14, 2022
Inkuru zijyanye na: Umubano hagati y’u Rwanda na Uganda
- Perezida Kagame na Museveni baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi
- Perezida Kagame yageze muri Uganda
- Uganda: Gen Muhoozi yashimiye abitabiriye ibirori by’isabukuru ye y’amavuko (Amafoto)
- Perezida Kagame yagabiye inka z’Inyambo Gen Muhoozi
- Gen. Muhoozi yasuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali
- Gen. Muhoozi Kainerugaba yagarutse mu Rwanda
- Umuyobozi wa Kisoro muri Uganda na we ngo yari akumbuye gutemberera mu Rwanda
- Umupaka wa Cyanika wafunguwe: Dore ibisabwa ushaka kwambuka
- Umupaka ntushobora gufungurwa ibyatumye ufungwa bitabanje gukemurwa – Perezida Kagame
- Abaha serivisi abagenda mu muhanda Kigali-Gatuna-Kampala ngo bagiye kongera kubona inyungu
- Abaturage bishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda wafunguwe
- Abanyarwanda bifuza kujya muri Uganda barasabwa gushishoza
- Ibicuruzwa by’u Rwanda byiteguye guhatana ku isoko rimwe n’ibya Uganda umupaka nufungurwa?
- Imiryango ya Afurika yunze Ubumwe na EAC yishimiye ifungurwa ry’umupaka wa Gatuna
- Abanyarwanda 58 bari bafungiye muri Uganda n’Umurundi umwe barekuwe
- Umupaka wa Gatuna uhuza u Rwanda na Uganda ugiye kongera gufungurwa
- Uganda: Gen Kandiho yakuwe ku buyobozi bw’ubutasi (CMI)
- Perezida Kagame na Gen. Muhoozi Kainerugaba bagiranye ibiganiro bitanga icyizere
- Perezida Kagame yakiriye Gen Muhoozi Kainerugaba
Ohereza igitekerezo
|