Perezida Kagame na Antonio Guterres baganiriye ku kubungabunga amahoro

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, byibanze ku musanzu w’u Rwanda mu kubungabunga amahoro.

Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Antonio Guterres
Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro na Antonio Guterres

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu dukesha iyi nkuru, byatangaje ko Perezida Kagame na Guterres, bahuye ku wa Gatanu tariki 23 Nzeri, ku ruhande rw’Inteko rusange ya 77 y’Umuryango w’Abibumbye, iri kubera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibiganiro by’aba bayobozi bombi byagarutse ku musanzu w’u Rwanda mu kubungabunga amahoro, ubukungu bw’u Rwanda bukomeje gutera imbere, ndetse n’ibibazo by’umutekano mu Karere k’ibiyaga bigari.

Perezida Kagame, yagiranye kandi ibiganiro na Minisitiri w’Intebe wa Belize, Juan Antonio Briceño.

Perezida Kagame na Juan Antonio Briceño, Minisitiri w'Intebe wa Belize
Perezida Kagame na Juan Antonio Briceño, Minisitiri w’Intebe wa Belize

Aba bayobozi baganiriye ku buryo bwo gushimangira umubano usanzwe uhari hagati y’u Rwanda na Belize.

Uretse Minisitiri w’Intebe wa Belize, Umukuru w’Igihugu, yakiriye David Bonderman, umushoramari w’umunyamerika, aho baganiriye ku mahirwe atandukanye u Rwanda rufite yo gushoramo imari.

Perezida Kagame na David Bonderman
Perezida Kagame na David Bonderman
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Muskogee imari mu buhinzi bariya banyamerika bayazane

Elias kizigenza yanditse ku itariki ya: 24-09-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka