Perezida Kagame arashima uruhare rwa UNICEF mu kwita ku bana bo muri Afurika
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yatangaje ko yagiranye ikiganiro kuri telephone n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku bana (UNICEF), Henrietta H. Fore amushimira uruhare rw’uwo muryango mu kwita ku iterambere ry’abana muri Afurika no mu Rwanda by’umwihariko.
Perezida Kagame yavuze ko mu byo baganiriye harimo umushinga wo ku rwego rw’isi witwa Giga Connect ugamije kugeza ikoranabuhanga rya Internet ku bigo byose by’amashuri no gufasha abana bato kugira ubushobozi bwo kubona ubumenyi n’amakuru bungukira kuri Internet.
Baganiriye kandi ku bundi bufatanye bwiswe Generation Unlimited bugamije gufasha abakiri bato kugana ishuri, kuba bari mu mahugurwa, cyangwa se bari mu kazi nibura bitarenze umwaka wa 2030.
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda abinyujije mu butumwa yanditse kuri Twitter, yasobanuye ko ibyo biganiro biri mu rwego rwo gutegura inama yo ku rwego rwo hejuru azagirana n’Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, António Guterres, ndetse n’abandi bayobozi batandukanye, iyo nama ikazaba tariki 01 Nzeri 2020.
Just had a good call with @unicefchief Henrietta Fore & thanked her for excellent @unicef cooperation in Rwanda & Africa. We reviewed @Gigaconnect & our work as co-chairs of @_GenUnlimited. Looking forward to the High-Level Meeting with @antonioguterres & other leaders on 1 Sep.
— Paul Kagame (@PaulKagame) August 28, 2020
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|