Minisitiri w’Intebe yakiriye ubwegure bwa Dr. Isaac Munyakazi na Evode Uwizeyimana
Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko ku mugoroba wo ku wa kane tariki 06 Gashyantare 2020, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye ubwegure bw’Abanyamabanga ba Leta Evode Uwizeyimana wo muri Minisiteri y’Ubutabera na Dr Isaac Munyakazi wo muri Minisiteri y’Uburezi.
Ubwo bwegure, Minisitiri w’Intebe ngo azabushyikiriza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.
Kuri uyu mugoroba, Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yakiriye ubwegure bw'Abanyamabanga ba Leta Evode Uwizeyimana wo muri Minisiteri y’Ubutabera na Dr Isaac Munyakazi wo muri Minisiteri y’Uburezi, azashyikiriza Nyakubahwa Perezida wa Repubulika.
— Office of the PM | Rwanda (@PrimatureRwanda) February 6, 2020
Minisitiri Munyakazi biravugwa ko yaba yeguye biturutse ku buriganya mu mitsindire y’abanyeshuri. Naho kuri Evode Uwizeyimana, we birakekwa ko ukwegura kwe kwaba gufite aho guhuriye n’ibiherutse kumuvugwaho byo guhutaza umugore.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruherutse gutangaza ko rurimo gukora iperereza ku bivugwa kuri Evode Uwizeyimana ushinjwa guhohotera umugore wari mu kazi ko gusaka abinjira mu nyubako ya Grand Pension Plaza.
Umuvugizi wa RIB, Marie Michelle Umuhoza, yemereye KT Press ko RIB yari irimo gukora iperereza kuri icyo kibazo.
Minisitiri Uwizeyimana yasabye imbabazi ku rubuga rwa Twitter, ariko ntibyabujije abantu gukomeza kumunenga kubera indi myitwarire ye mibi abakoresha Twitter bahise bagaragaza.
Bivugwa ko no ku nyubako ya Kigali Heights naho yigeze guhutaza umuntu ushinzwe umutekano wari wamwitiranyije n’umuturage usanzwe, bikanavugwa ko yigeze gukubita umushinwa bari bagiranye ikibazo mu muhanda.
Yigeze kumvikana kandi yita abanyamakuru imihirimbiri, aya magambo akaba atarashimwe n’abayumvise.
Ingingo ya kane y’itegeko rigenga imyitwarire y’abayobozi ryo muri 2013 ivuga ko umuyobozi by’umwihariko uwo ku rwego rw’igihugu abujijwe gukoresha umwanya afite mu guhohotera abaturage cyangwa guhonyora amategeko.
Iryo tegeko kandi ribuza abayobozi kujya mu bikorwa by’imicungire mibi y’inzego bayobora no gushaka kuremera kurusha izo nzego, rikanababuza kujya mu bikorwa bibatesha agaciro cyangwa ibigatesha urwego bayobora nk’uko bigaragara mu ngingo ya 12, iya 13 n’iya 14 z’iryo tegeko.
Biravugwa ko imyitwarire nk’iyi ivugwa muri iri tegeko ari yo yatumye aba bayobozi bombi begura.
Inkuru zijyanye na: Evode Uwizeyimana
- Perezida Kagame yemeye ubwegure bwa Evode Uwizeyimana na Dr. Isaac Munyakazi
- RIB yatangiye iperereza kuri Evode Uwizeyimana uvugwaho guhutaza umugore
- Evode wo muri BBC n’uwo muri MINIJUST bapfana iki?
- DIGP Marizamunda, Evode Uwizeyimana na Col. Ruhunga bahagarariye u Rwanda mu nama y’inteko rusange ya INTERPOL
- Gereza si imva, wayisohokamo ukigirira akamaro - Min. Evode Uwizeyimana
- Biragoye kwemeza ko umugabo yafashe umugore we ku ngufu – Me Evode
- Me Evode Uwizeyimana arahamagarira abanyaruhango kuzamura akarere kabo
- Kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana ngo bizafasha gukumira ibyaha
- Evode Uwizeyimana yahawe akazi ko kuvugurura amategeko mu Rwanda
- Me Evode Uwizeyimana ngo yagarutse mu gihugu kugirango atange umusanzu wo kucyubaka
Ibitekerezo ( 17 )
Ohereza igitekerezo
|
Evode yakoraga neza weeeee gusa mumenyeko ikosa rimwe gusa ritagakwiye gutuma umuntu yegura haribindi tutamenya
Bwana Munyakazi nari muzi mu burezi yakoraga neza inshingano ze.
Ibyo ashinjwa sinzi niba ari ku rwego rwo kuba yabikora. Muzi nk’inyangamugayo
Hello burya Koko ubutabera ni bwiza na minister iyo ahohoteye umugore arahanwa? Rwose ibi biha abanyarwanda icyizere cyo kuyoborwa nta busumbane
Ndumva hakwiye kumenyekana icyatumye abo bagabo begura kumirimo kuko bakoraga akazi neza pe gusa hamenyekane impamvu mbere Yuko basimbuzwa abandi murakoze
Kubijyanye no kwegura kwabo ba Minister s ndumva Atari ikibazo kiremereye. Kuko aho kugirango wice akazi, wagasezera kubwinyungu za benshi.