Hakozwe impinduka mu Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Intara

Mushaija Geoffrey wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru.

Mushaija Geoffrey ni we Munyamabanga Nshingwabikorwa mushya w'Intara y'Amajyaruguru
Mushaija Geoffrey ni we Munyamabanga Nshingwabikorwa mushya w’Intara y’Amajyaruguru

Jabo Paul wari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyaruguru yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Amajyepfo.

Jabo Paul yavuye mu Burengerazuba, yerekeza mu majyaruguru none akomereje mu Majyepfo
Jabo Paul yavuye mu Burengerazuba, yerekeza mu majyaruguru none akomereje mu Majyepfo

Ni mu gihe Dr. Nyirahabimana Jeanne wari Umuyobozi w’Akarere ka Kicukiro yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba.

Dr. Nyirahabimana Jeanne wayoboraga Kicukiro yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburasirazuba
Dr. Nyirahabimana Jeanne wayoboraga Kicukiro yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburasirazuba

Uwambajemariya Florence wari Umuyobozi w’Akarere ka Burera we yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba.

Uwambajemariya Florence wayoboraga akarere ka Burera yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w'Intara y'Iburengerazuba
Uwambajemariya Florence wayoboraga akarere ka Burera yagizwe Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Intara y’Iburengerazuba

Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ni we washyizeho abo Banyamabanga Nshingwabikorwa b’Intara, ashingiye ku itegeko No14/2013 ryo kuwa 25/03/2013 rigena imitunganyirize n’imikorere by’Intara cyane cyane mu ngingo yaryo ya 12.

Izi mpinduka zije zikurikira izindi zakozwe tariki 04 Ugushyingo 2019 mu ngabo z’u Rwanda no muri zimwe mu nzego nkuru z’Igihugu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Hagati aho se ari meya cg gitifu w’intara ni nde uhembwa umushahara uremereye kurusha undi?

Rugira yanditse ku itariki ya: 21-12-2019  →  Musubize

Uriya nko ni Jabo Paul, ni gisambo sinzi impamvu atarahagarikwa

Ni danger yanditse ku itariki ya: 7-11-2019  →  Musubize

Aba banuamabanganshingwabikorwa barashoboye cyane ko basanzwe bafite ubumaratibonye mukuyobora abanyarwanda mu iterambere ry’igihugu!

Habanabakize Protais yanditse ku itariki ya: 6-11-2019  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka