Evode Uwizeyimana na Prof. Dusingizemungu wa Ibuka bagizwe Abasenateri
Ashingiye ku biteganywa n’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda ryo mu 2003 ryavuguruwe muri 2015, cyane cyane mu ngingo yaryo ya 80, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yashyizeho Abasenateri bane ari bo, Dr Dusingizemungu Jean Pierre, Kanziza Epiphanie, Twahirwa André na Uwizeyimana Evode.

Nk’uko bigaragara mu itangazo ryaturutse mu biro bya Minisitiri w’Intebe, aba Basenateri bashyizweho kuri uyu wa gatanu tariki 16 Ukwakira 2020.
Tariki ya 07 Gashyantare 2020, ni bwo Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byatangaje ko Evode Uwizeyimana wari Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera yeguye ku mirimo ye.

Kwegura kwa Uwizeyimana kwaje nyuma y’igitutu cya bamwe mu bakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda banenze ihohotera yemeye ko yakoreye umugore ushinzwe umutekano ku nyubako iri Mujyi wa Kigali.
Ku mbuga nkoranyambaga, Uwizeyimana yasabye imbabazi z’ibyo yakoreye uwo mukozi ushinzwe umutekano aho yashinjwaga kumusanga mu kazi ke akamuhirika akitura hasi.
Nyuma yo gushyirwa muri uyu mwanya, Evode Uwizeyimana yanditse kuri Twitter ko ari ishema rikomeye cyane mu buzima bwe, ashimira Perezida Kagame wongeye kumugirira icyizere.
Following my appointment to the Senate, the biggest privilege of my life, I want to express my boundless gratitude to H.E @PaulKagame for the renewed confidence. Your Excellency, I'm highly energetic, loyal, proud and committed to serving our Nation under your Great Leadership.
— Evode Uwizeyimana (@EvodeU) October 16, 2020
Prof Dusingizemungu asanzwe ari Perezida w’Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ibuka.

Kanziza Epiphanie yashinze akaba abayobora Umuryango w’abagore baharanira Ubumwe (WOPU) akaba yari umwe bagize Inteko y’Abunzi mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo.

Twahirwa André ni impuguke mu bijyanye n’amateka ndetse mu mwaka wa 2018 akaba yarashimwe na Madame wa Perezida wa Repubulika Jeannette Kagame nk’umwe mu bamwigishije igihe yari akiri i Burundi.

Merci à nos panélistes pour cette soirée très enrichissante, y compris Monsieur André Twahirwa qui fut mon professeur au secondaire. Ces rencontres maître-élève restent précieuses. - JK pic.twitter.com/1Is8f2FohB
— First Lady of Rwanda (@FirstLadyRwanda) May 27, 2018
Permettez-moi d’ajouter que Mr. André Twahirwa fut aussi professeur – mon professeur – lorsque j’étais étudiante en secondaire au Burundi, et qu’il fait partie de ces enseignants qui ont marqué mon éducation de façon durable.
— First Lady of Rwanda (@FirstLadyRwanda) May 27, 2018
Ingingo ya 80 y’Itegeko Nshinga rya Repubulika y’u Rwanda, nk’uko ryavuguruwe kugera muri 2015, mu gika cya kabiri havuga ko hari abasenateri umunani (8) bashyirwaho na Perezida wa Repubulika, by’umwihariko akita ku bumwe bw’Abanyarwanda, ku ihagararirwa ry’igice cy’Abanyarwanda amateka agaragaza ko basigaye inyuma no ku zindi nyungu rusange z’Igihugu.
Muri aba basenateri bane bashyizweho na Perezida wa Repubulika, Kanziza Epiphanie akaba ari umwe mu basigajwe inyuma n’amateka.
Ohereza igitekerezo
|
Biranshimishije birenze urugero kumva Evode yongeye kugirirwa icyizere nu mukuru wigihugu mu bintu byambabaje kiriya rwose kirimo twese umuntu ashobora ku byuka nabi cyangwa akagira umunsi wumwaku Evode ningorane yahuye nazo naho ubundi numugabo mwiza uzi ubwenge wumukozi kandi ushyira mu gaciro nukuri aya mahirwe azayakoresha neza *
Niko Politike imera.Uwizeyimana Evode ahembwe kuba yaratukaga Leta y’u Rwanda kuli BBC.Bikozwe " mu izina ry’ubumwe n’ubwiyunge".This world !!!