Abaturage bakaba babihera ku iterambere amaze kugeza ku gihugu mu myaka amaze akiyobora hamwe n’umwete agira mu gukemura ibibazo.
Perezida Kagame kuva muri 2019 yari yarahagaritse kongera gusinyana imihigo n’abayobozi b’Uturere na za Minisiteri kubera ko uburyo yakorwagamo butakemuraga ibibazo by’abaturage, ntibunateze imbere imibereho yabo uko byifuzwa. Icyo gihe yasabye ko hanozwa uburyo bwo gukemura ibibazo by’abaturage no kubakura mu bukene.
Uretse kuba yizerwa n’abaturarwanda bamugezaho ibibazo, ni umwe mu bayobozi ku mugabane wa Afurika bakunzwe kandi bizewe kuba bashobora gukemura ibibazo uyu mugabane uhura na byo, ibi bikagaragarira mu nshingano ahabwa ku rwego mpuzamahanga, urugero nko mu kuvugurura imikorere y’Umuryango wa Afurika yunze Ubumwe, hamwe no guteza imbere ibikorwa by’ikoranabuhanga.
Ubushakashatsi bwatangajwe na Dr Usta Kaitesi, Umuyobozi w’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB) bugaragaza ko Abanyarwanda bafitiye icyizere ubuyobozi bukuru bw’igihugu kurusha izindi nzego mu Rwanda. Ubwo bushakashatsi bugaragaza ko abaturage bizera Inteko Ishinga Amategeko nk’intumwa bitoreye kubahagararira ku kigero cya 92.8%, naho inkiko zibakiranura mu manza bakazizera ku kigero cya 88.7%.
Ubu bushakashatsi bugaragaza ko abaturage bizera inzego z’umutekano mu Rwanda zirimo igisirikare n’igipolisi hejuru ya 90%.
Bukomeza bugaragaza ko abaturage bari kuri 71.3% bishimira serivisi bahabwa mu nzego z’ibanze naho 77.17% bishimira uruhare bagira mu bibakorerwa.
Iki cyegeranyo cyamuritswe kuri uyu 30 Ukwakira 2020 kigaragaza ko n’ubwo abaturage bagaragaza ibyo bishimira, hari n’ibyo batishimira birimo uburyo bamwe mu baturage basiragizwa bitewe n’abayobozi batanga serivisi batitaye ku wo bayiha.
Icyegeranyo cya 2019 cyakozwe na RGB kigaragaza ko abaturage bishimiraga uburyo batekanye ku kigero cya 94.29%, bizeraga ubuyobozi bwabo n’ubwisanzure ku kigero cya 85.17%, naho gushora imari mu bikorwa by’imibereho myiza byari kuri 68.53%.
Inkuru zijyanye na: Imihigo 2020
- Abayobozi bave mu biro barusheho kutwegera nibwo tuzamenya ibyo bahize – Abaturage
- Ibanga Nyanza yakoresheje ikava ku mwanya wa 30 ikaba iya 5 mu kwesa imihigo
- Amajyepfo: Gukemura ibibazo bibangamiye imibereho myiza y’abaturage, ibanga ryo kuza mu myanya y’imbere mu mihigo
- Imihigo: Abayobozi ba Rusizi na Karongi bavuze impamvu zatumye baza mu myanya ya nyuma
- Meya Habitegeko yahishuye ibanga ryatumye Nyaruguru iza ku isonga mu mihigo ya 2019-2020 (Video)
- Huye: Babyutse bajya gusanganira Meya ngo bishimire umwanya wa 2 bagize mu mihigo (Amafoto)
- Ntimukwiriye gutegereza ko mbereka ibibazo kugira ngo mubone kubikemura – Perezida Kagame abwira abayobozi
- Akarere ka Nyaruguru kahize utundi mu kwesa imihigo y’umwaka wa 2019-2020
- Abayobozi berekeje i Nyagatare mu mihigo (Amafoto + Video)
- Uturere turasinyana imihigo na Perezida Kagame kuri uyu wa Gatanu
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Itekinika ry’imibare riba mu Rwanda ubanza nahandi riba ku isi.