Yambara imyenda yaboshye yifashishije imisatsi ye

Umushinwakazi w’imyaka 60, Xiang Renxian, yanze gupfusha ubusa imisatsi ye maze yiyemeza kuyibohamo imyambaro: umupira n’ingofero byo kwifubika.

Uyu mushinwakazi wahoze ari umwarimukazi ubu akaba ari mu kiruhuko cy’izabukuru, yatangarije igitangazamakuru cyitwa Chongqing Economic Times ko igitekerezo cyo kwegeranya iyi misatsi ye urebye ifite uburebure bwa cm 70, yakigize afite imyaka 34, ni uko atangira kujya abika iyagendaga isigara mu gisokozo.

Xiang Renxian mu mupira n'ingofero yiboheye mu misatsi ye.
Xiang Renxian mu mupira n’ingofero yiboheye mu misatsi ye.

Guhera ku itariki ya 1/1/2003, yatangiye kuzajya ayibara: umupira yiboheye ubu yambara upima hafi inusu ngo yawukoze mu misatsi 89,112, akaba yarawutatseho indabyo 18 na zo yaboshye. Ubudodo yakoresheje bugiye bugizwe n’imisatsi 15.

Nyuma yo kwibohera umupira n’ingofero, ubu yatangiye kuboha ingofero yageneye umugabo we, nk’impano yo kuba amushyigikiye muri iki gikorwa akunze.

Umupira wo kwambara uboshye mu musatsi.
Umupira wo kwambara uboshye mu musatsi.

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Imisatsi burya ni imari nabonye muri Mali aho artiste ayikoresha muri tableau kandi ifata cole kubi. Ayikoresha kuri tableau akagenda ashushanyaho agenda abumba utuntu agenda afatanya ukabona umuntu, igisimba mbega usanga ari bwiza. Ngoho rero abo muri salon mutangire muyibike kandi ubwo nyine uzajya ujyamo ni ukubanza kumvikana ayo bamuha

karisa yanditse ku itariki ya: 3-02-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka