Umugabo yambaye ubusa mu rusengero ashaka kuryamana n’abagore bose bari bahari

Umugabo w’imyaka 32 yatunguye abitabiriye amateraniro mu rusengoro rumwe rwo mu mujyi wa Harare muri Zimbabwe avuga ko yoherejwe n’Imana gukorana imibonano mpuzabitsina n’abagore bose ahita akuramo imyenda yose asigara yambaye uko yavutse.

Eliad Saungweme yahise ategeka abagabo bose gusohoka mu rusengero kugira ngo asohoze umugambi w’Imana. Yasabye gukorana imibonano mpuzabitsina n’umugore w’imyaka 47 witwa Enid Chigayo waje gushyikiriza ikirego polisi bituma atabwa muri yombi.

Abagabo basohoye uwo mugabo bakeka ko yari yavangiwe kuko nta muntu muzima wakora ibyo bikorwa by’uruterasoni.

Eliad Saungweme yagejejwe imbere y’urukiko rw’i Harare akurikiranweho ibyaha by’urukozasoni kubera imyitwarire yagaragaje mu materaniro yabaye tariki 16/12/2012.

Umushinjacyaha Rufaro Mazvimbakupa yabwiye urukiko ko Saungweme yahagaze imbere y’abakiristu yatura amagambo y’urukozasoni. Yavuze ko yoherejwe n’Imana ngo akorane imibonano mpuzabitsina n’abagore bose bari mu rusengero, yakuyemo imyenda ashyira ku karubanda uko ateye.

Mazvimbaka yasabye urukiko ko abadogiteri babiri basuzuma uwo mugabo ngo hamenyekane niba ari muzima cyangwa afite uburwayi bwo mu mutwe; nk’uko urubuga www.newzimbabwe.com rubitangaza.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

Uwomugabo Afitesatani Umuntu wo kwambara Ubusa Mu Urusengero Ntareta Ibayo Bibabaje Mu Isi No Mu Ijuru

[email protected]/ yanditse ku itariki ya: 7-10-2013  →  Musubize

MWIRIWE UWO MUNTU ARARWAYE

yanditse ku itariki ya: 4-02-2013  →  Musubize

Baba! Niba atarwaye mu mutwe, ubwo yari yiyizeye da!

kiko yanditse ku itariki ya: 25-01-2013  →  Musubize

Ese uyu mugabo si nk’abandi. Ashobora kurongora abagore bangahe? akabije yarenza batatu.! yarawutaye.

baba yanditse ku itariki ya: 16-01-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka