Espagne: Umwana w’ibiro 6,2 yavutse nyina atabazwe

Umwongerezakazi w’imyaka 40 yaraye abyaye umukobwa w’ibiro 6,2 mu bitaro Marina Salud by’i Denia ho muri Espagne. Igitangaje, ngo ni uko nyina yamubyaye atabazwe.

Maxime Marin, ari we nyina w’uru ruhinja, ngo yavuze ko yari azi ko umwana azabyara azaba ari munini, ariko ngo ntiyigeze atekereza ko «azaba munini bigejeje aha».

Uyu mwana yavutse tariki 08/08/2013, kandi n’abandi batatu bagiye bavuka bapima byibura ibiro 4,5.

Umwana na nyina ubu bamerewe neza, kandi ibi bitaro yabyariyeho bivuga ko urwo ruhinja rwahawe izina rya Maria Lorena Marin ari « uruhinja rwa mbere rwavutse ku isi rungana kuriya, nyina atarinze kubagwa».

Joyeuse Marie Claire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

YIBITSEHO N’IGITSINA CYININI aribyo byatumye akora removal ntakibazo kandi numugabo we yakoze inshingano ze mugihe yaratwite no mugihe yiteguraga kubyara.

kaki yanditse ku itariki ya: 18-08-2013  →  Musubize

ubwo buganga wabwigiye he???

@emmanuel yanditse ku itariki ya: 11-08-2013  →  Musubize

Uyu mugore azarwara diyabete, niba atayifite already.

Emmanuel yanditse ku itariki ya: 9-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka