Amaze amezi 9 aba mu giti kubera ko umugore we yanze kumusaba imbabazi

Umugabo witwa Sanjay wo mu gihugu cy’u Buhindi ahitwa Ramgaon amaze amezi 9 aba mu giti kubera ko umugore we yanze kumusaba imbabazi nyuma yo kumwiba.

Sanjay w’imyaka 25 yagiye kuba muri icyo giti kuva ku itariki 09/04/2012; icyo gihe cyose amaze muri iki gihe atunzwe n’imbuto zo muri icyo giti ndetse n’ibiryo yahabwagwa n’abaturanyi be kuko yanze kongera gusubira iwe kuko nyuma yo kurya yahitaga aryama muri icyo giti.

Umugabo yibera mu giti.
Umugabo yibera mu giti.

Umuvugizi wa Polisi yo mu gace ka Cholapur yatangaje ko ntacyo yakora kuri icyo kibazo kuko ngo uyu mugabo nta kosa na rimwe yigeze akora.

Kugeza ubu umugore we yabonye ko umugabo amutaye nawe ahita ajya kwibanira n’ababyeyi be ndetse ajyanayo n’abana babyaranye, kugeza ubu ntarigera asaba imbabazi umugabo we nk’uko bitangazwa na asianage.com.

Egide Kayiranga

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 8 )

uyo mugabo bwarayaze peee,yanze umugorewe yanga n’abana wakavyarawe ;;;;;;.

ALOYS yanditse ku itariki ya: 12-04-2013  →  Musubize

Uyu mugabo ndamwemeye pee, yahisemo guturana n’inyoni mu byari byazo aho gutema umugorewe cyangwa se ngo umugore azamugambanire amwicishe nkuko bimaze iminsi iwacu tubyumva.

zozo yanditse ku itariki ya: 9-01-2013  →  Musubize

ko muta tubwiye icyo baribapfuye.

fanny yanditse ku itariki ya: 5-01-2013  →  Musubize

ako ni agashya tuuuuuuuuuuuuuuuuuuuu

yanditse ku itariki ya: 4-01-2013  →  Musubize

ibyo ni umwanzuro mubi kuko qyo mezi yose yamaze adateza imbere urugurwe rwaradindiye

yanditse ku itariki ya: 4-01-2013  →  Musubize

inzoka izamusangamo imurye cyangwa ibinyabwoya bimutondagire.

tuyishimegedeokuvutura. yanditse ku itariki ya: 2-01-2013  →  Musubize

none se ahubwo ubwo ninde waba yarahimye undi ba somyi rwose mubwire.

douce yanditse ku itariki ya: 28-12-2012  →  Musubize

birashecyeje cyane

vedaste yanditse ku itariki ya: 27-12-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka