Prezida wa Botswana yakomerekejwe n’urusamagwe

Bamwe mu bayobozi bacungirwa umutekano ku buryo bukomeye ku isi ni abakuru b’ibihugu ariko igitangaje ni uko Prezida wa Botswana, Ian Khama, yariwe inzara n’urusamagwe mu maso arakomereka.

Ngo ibi byabereye mu kigo cya gisirikare ubwo urusamagwe rwari ahantu hazitiye rusamura, rwasimbukira Perezida wari uhagaze hafi aho rumushwaturura inza mu maso.

Ibyo byamuteye ibikomere bidakanganye kandi ntacyo byahungabanyijeho ku mutekano we; nk’uko Jeff Ramsay, umuvugizi wa Leta abitangaza.

Ramsay avuga ko iyo mpanuka yabaye mu gihe gito ku buryo yatunguye abashinzwe umutekano wa Prezida ntibabasha kugira icyo bakora ngo bamurinde icyo gikoko cyamuhindanyije isura gishyiramo ibyasha.

Nyuma y’iyo mpanuka, Perezida Ian Khama yagaragaye kuri televisiyo ayoboye inama ariko afite uduhisha gisebe (plaster) mu maso; nk’uko BBC ibitangaza.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Mugire amahoro mwese abo duhurira kuri Kgl 2day! ndashimira Leonard kumakuru meza kdi asobanutse. ndashimira na kigali today kumakuru meza kdi atugeraho as Fast as possible hano i Rusizi! Conglaturation!!.

Poly yanditse ku itariki ya: 6-05-2013  →  Musubize

Leonard turamwemera mu banyamakuru ba Kigalitoday agira inkuru zisobanutse. Courage rero kandi urubuga rwa Kigali Today muri rusange rurasobanutse pe, njye ndukundira ko rugera ku baturage ahantu hose hashoboka.

Kanyamigezi yanditse ku itariki ya: 1-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka