Amerika: Akurikiranywe azira kwambara ubusa mu muhanda

Mu gihe mu bihugu byateye imbere hari abantu bambara ubusa mu rwego rwo kwishimisha bakabifata nk’uburenganzira bwabo, uwitwa Nathaniel Koba we ntibyamuhiriye kuko arimo gukurikiranwa n’ubutabera kubera kwambara ubusa ku muhanda nyabagendwa.

Tariki 07/09/2012, ubwo umunyamakuru wa tereviziyo yitwa KARK yaganiraga n’umugabo witwa John Manassel n’umugore we batuye muri Leta ya Arkansas ku mpanuka bagize umuyaga wabasenyeye inzu, umusore w’imyaka 22 yahise asohoka mu modoka ye yambaye ubusa agamije kurangaza uwo munyamakuru n’abo bagiranaga ikiganiro.

Ibyo yari agamije yabigezeho kuko abafataga amashusho bahise bamurangarira batangira no kumwibazaho, ariko basanze batamuzi niko guhamagara polisi nayo imufata agisohoka mu ishyamba yari avuyemo ari mu modoka ye ariko noneho yambaye; nk’uko tubokesha france.fr.

Uyu musore ashinjwa kwiyandarika ari nako akekerwaho kuba yari yamweye inzoga. Abaziko kwambara ubusa bigezweho barabe bategereje ibihano nka Nathaniel.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

kwambara ubusa ni ukwiyambura agaciro.ni bicike

INGABIRE PROSPER yanditse ku itariki ya: 7-01-2013  →  Musubize

uwo musore baramuziza ubusa kuko ni uburenganzira bwe kandi uburenganzira bwa muntu bugomba kubahirizwa

mobutu sese seko kungwendu wazabanga yanditse ku itariki ya: 18-09-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka