Mbere y’uko Kaminuza yigenga y’Abadivantisiti ya Gitwe yongera gufungura, yasabwe kubanza kwishyura amafaranga y’u Rwanda agera kuri Miliyoni 216 y’ibirarane by’imishahara y’abakozi bayo.
Kaminuza y’u Rwanda irateganya gutaha inyubako zayo nshya zirimo amacumbi y’abanyeshuri yubatswe ahahoze Camp Kigali, bitarenze Gicurasi uyu mwaka wa 2021.
Ikigo cyigisha porogaramu zitandukanye zo muri mudasobwa ‘Rwanda Coding academy’ gitangaza ko cyahuye n’imbogamizi zatewe na Covid-19, zidindiza imishinga yacyo.
Niba hari ikintu gitera amatsiko ku banyeshuri ndetse n’ababyeyi, ni ukubona amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza ndetse n’icyiciro rusange(tronc-commun).Uko ni nako byagenze mu mwaka wa 2019, amanota y’ibizamini bya Leta yarasohotse,abanyeshuri bari batsinze neza bahembwe za mudasobwa, kandi bari (…)
Abanyeshuri bajya kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda (UR) kuri buruse ya Leta, babanza gusinyana amasezerano n’Ubuyobozi bw’Inama Nkuru y’Uburezi (Higher Education Council - HEC). Muri ayo masezerano harimo ingingo ivuga ko umunyeshuri utsinzwe adakomeza guhabwa iyo buruse.
Ibijyanye no gushaka abarimu bashya no kubashyira mu myanya ni kimwe mu bibazo byatumye Dr. Irénée Ndayambaje wari umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’uburezi (REB) ndetse n’umwungirije Tusiime Angelique, bahagarikwa ku mirimo yabo kuko byavugwaga ko batumye iyo gahunda itinda kurangira.
Mu gihe u Rwanda rwitegura gufungura amashuri, rurashimirwa n’ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku buzima (WHO), kubera uko rwitwaye mu guhangana n’icyorezo cya Covid-19.
Komisiyo y’Inteko Ishinga Amategeko ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’umutungo wa Leta (PAC) yasabye Ikigo cy’Imyuga n’Ubumenyi Ngiro (WDA) gusobanura imikoreshereze mibi y’imari ya Leta kivugwaho, nk’uko byagaragajwe na raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Letato (Auditor General).
Mu mezi atatu ashize, abayobozi b’Akarere ka Nyamasheke mu Ntara y’Uburengerazuba, batangaje ko hari abantu bagera kuri 40 bamaze kurumwa n’imbwa zikabakomeretsa.