Abasirikare babiri bo mu Ngabo z’u Rwanda (RDF) bahawe impamyabushobozi mu gutwara indege, amasomo bakaba barayakurikiraniye mu gihugu cya Qatar.
Umuryango mpuzamahanga WaterAid umaze imyaka 10 ufasha Abanyarwanda bo mu turere turindwi kubona amazi meza no kubahugura ku isuku n’isukura, ukaba kandi wongereye indi myaka 10 yo gukomeza ibyo bikorwa bifitiye benshi akamaro.
Ubushakashatsi buheruka bwerekanye ko abana bamara amasaha menshi kuri mudasobwa cyangwa bareba televiziyo, bibangiza ubwonko bikabagabanyiriza n’ubushobozi bwo gufata ibyo biga.
Abarangije muri Kaminuza ya Cavendish yo muri Uganda bari basanzwe bemewe n’Inama nkuru ishinzwe uburezi mu Rwanda (HEC), bahawe iminsi itanu ngo babe babonye icyemezo gitangwa na HEC cy’uko barangije muri iyo kaminuza, bitaba ibyo bagahagarikwa mu kazi.
Kuva kera imisambi yari ifite igisobanuro mu muco nyarwanda, ikubahwa ndetse ikaba yarafatwaga nk’ikirango cy’imwe mu miryango ikomeye, aho yasobanuraga amahoro no kuramba, ariko ikaba ari n’inyoni ibereye ijisho.
Ku wa gatatu mu gitondo cy’ubukonje, umwana w’imyaka 10 witwa Hirwa Jovian wiga ku ishuri ribanza rya Dove International School ryo mu karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, arahuze cyane kuri mudasobwa ngendanwa akora ubushakashatsi kugira ngo asubize umukoro yahawe mu isomo ry’ubutabire rya ‘Acids and bases’.