Ibiro bya Minisitiri w’Intebe byashyize ahagaragara Imyanzuro y’Umwiherero wa 17 w’Abayobozi wabaye kuva ku itariki ya 16 kugeza ku ya 19 Gashyantare 2020.
Umwiherero ni umwanya abayobozi b’igihugu mu nzego zitandukanye bafata, bakiherera bagatekereza kuri ejo heza hazaza h’igihugu, bakajya Inama zizatuma bafatanya ntawe usigaye inyuma bakageza iterambere rirambye ku baturage bayobora. .
Perezida Kagame atangiza umwiherero w’Abayobozi urimo kuba ku nshuro ya 17, yagarutse ku bibazo u Rwanda rwatewe n’Abanya-Uganda, bakaba ari n’abaturanyi bo mu majyaruguru y’u Rwanda.
Mu ijambo ryo gutangiza umwiherero wa 17 w’Abayobozi, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yagarutse ku makosa yatumye Evode Uwizeyimana na Dr. Isaac Munyakazi bari Abanyamabanga ba Leta begura kimwe na Dr. Diane Gashumba wari Minisitiri w’Ubuzima.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bageze i Gabiro mu Karere ka Gatsibo mu Ntara y’Iburasirazuba, mu mwiherero ubaye ku nshuro ya 17.
Abayobozi bagera kuri 400 baturutse mu nzego za Leta n’iz’abikorera, bageze i Gabiro mu Karere ka Gatsibo kuri uyu wa gatandatu tariki 15 Gashyantare 2020, aho bazamara iminsi ine mu mwiherero ubaye ku nshuro ya 17. Abayobozi kandi basuzumwe Coronavirus mbere yo kwerekeza i Gabiro mu Mwiherero. Dore uko bahagarutse i Kigali (…)