Mu Nama y’Umushyikirano yo muri 2024, Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Abdallah, yasabiye abahanzi ko bajya bagaragara mu nama zitandukanye zibera mu gihugu, bagasusurutsa abazitabiriye, kuko ari amahirwe yo kwerekana ubuhanga bwabo ndetse no kubona akazi nk’abatunzwe n’umuziki.
Umushyikirano wabaye ku nshuru ya 19 ukamara iminsi ibiri kuva tari ya 23-24 Mutarama 2024, abawitabiriye barebeye hamwe ibimaze kugerwaho mu nzego zitandukanye, Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda atangiramo impanuro, hanafatwa ingamba zitandukanye zo gukomeza kubaka Igihugu.
Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye kuva tariki 23 kugeza ku ya 24 Mutarama 2024, urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza rwagaragaje ko rwifuza ikigo cy’urubyiruko, mu gace k’Amayaga.
Mu ijambo risoza Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, yatangiye ku wa 23 kugera ku wa 24 Mutarama 2024, Perezida Paul Kagame yanenze abayobozi batuma sisitemu idakora neza, bitewe no kudahanahana amakuru, abaza impamvu binanirana.
Harerimana Emmanuel, ni umwe mu bitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ya 19, yatangiye ku itariki 23 isozwa ku ya 24 Mutarama 2024, aturuka mu Murenge wa Kinigi mu Karere ka Musanze, akaba yatanze ubuhamya bw’uko imiyoborere myiza yamuhinduriye ubuzima, yarangiza na we agahindura ubw’abandi ahereye ku bamwegereye mu (…)
Minisitiri w’Ubuzima, Dr Sabin Nsanzimana, arasaba abantu kugabanya igipimo cy’inzoga banywa, byaba na ngombwa bakazireka burundu, kuko byagaragaye ko zigira ingaruka zikomeye ku mubiri, cyane ko impuguke zivuga ko kugira ngo icupa rimwe ry’inzoga rive mu mubiri bisaba amasaha 16.
Mu gihe guhera ku wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024, hatangiye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, ibaye ku nshuro ya 19, abaturage bo mu Karere ka Burera bumvaga iyi Nama yasuzuma ikanavugutira umuti urambye, harimo n’ikibazo cy’ibikorwa remezo bishyirwa hirya no hino bigasubikwa bitarangiye gukorwa ngo babone uko babibyaza (…)
Mu Nama y’Igihugu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 19, Perezida Paul Kagame yavuze ko ruswa n’amarozi biri mu byatumye acika ku bibuga by’umupira w’amaguru.
Urubyiruko rwo mu Karere ka Burera rugaragaza ko runyotewe kubakirwa agakiriro, kuko byarworohereza gushyira mu ngiro amasomo y’imyuga rwize, binyuze mu guhanga imirimo ibyara inyungu, imibereho ikarushaho kuba myiza.
Minisitiri w’Urubyiruko, Dr. Abdallah Utumatwishima yavuze ko kuva mu bwana bwe atigeze agira inzozi zo kuzaba Minisitiri kubera amateka n’imibereho y’umuryango akomokamo.
Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr Jean damascene Bizimana, avuga ko imanza za Gacaca zagize uruhare rw’indashyikirwa mu kuzamura ubumwe bw’abanyarwanda aho 83% by’abemeye uruhare rwabo muri Jenoside babisabiye imbabazi baniyemeza gutandukana burundu n’ingengabitekerezo yayo naho 85% (…)
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangaje ko mu rwego rwo gukomeza korohereza abagera kwa muganga bakoresheje imbangukiragutabara, hamaze gutumizwa izigera kuri 200.
Guverinoma y’u Rwanda igaragaza ko Igihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo gikomeje guhembera ingengabitekerezo ya Jenoside, hagamijwe gutsemba ubwoko bw’Abatutsi batuye muri icyo Gihugu.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko igiye kongerera ubushobozi Abajyana b’Ubuzima bwo gupima indwara zitandura kugira ngo bakomeze guhangana nazo kuko ziri mu zibasira abantu muri iki gihe ndetse zikabahitana.
Kamagaju Eugénie ni umwe mu baturage bitabiriye Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, baturutse mu Karere ka Kamonyi mu Ntara y’Amajyepfo, we nk’umugore ukora ibijjyanye n’ubuhinzi n’ubworozi, yabajije niba bitashoboka ko mu bworozi hashyirwamo Nkunganire ya Leta nk’uko bikorwa mu buhinzi, kuko kuvuza amatungo ngo bihenda cyane.
Leta y’u Rwanda yemereye ubufasha abanyeshuri bagizweho ingaruka n’intambara yo muri Ukraine, bwo kubona amafaranga y’ishuri bigamo muri Pologne, mu rwego rwo kubafasha gukemura ikibazo cy’amikoro bagaragaje.
Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri, avuga ko ubu barimo gutegura gahunda nshya y’imyaka itanu ishingiye ku kubaka ubudahangarwa bw’umutekano w’ibiribwa izatangira muri Nyakanga 2024.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) yatangaje ko mu Rwanda hasigaye hatangirwa serivisi z’ubuvuzi bwo gusimbuza impyiko no kubaga umutima, bidasabye ko abantu bajya mu mahanga.
Minisitiri w’Intebe, Dr Edouard Ngirente, mu nama y’Igihigu y’Umushyikirano yabaye ku nshuro ya 19, yatangiye kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutarama 2024, yavuze ko umubare w’abahitanwa na Malariya wagabanutse, kubera ingamba Leta yashyizeho zo kuyirwanya.
Akomoza ku magambo amaze iminsi avugwa n’Abakuru b’ibihugu bya Repubulika Iharanira Demukarasi ya Congo n’u Burundi ko bazatera u Rwanda, Perezida Kagame yabwiye abitabiriye Inama y’Umushyikirano ya 19 ko nta Munyarwanda ugomba gutinya ibitumbaraye.
Goverinoma y’u Rwanda yatangaje ko mu gihe cy’imyaka 6.5 ishize, mu bice bitandukanye by’Igihugu hubatswe ibyumba by’amashuri ibihumbi 27, hagamijwe gukomeza guteza imbere ireme ry’uburezi.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yavuze ku kibazo cy’umutekano mu Gihugu n’uko kibanye na bimwe mu bihugu bituranye, agaruka ku mvugo zikwirakwikwiza urwango zimaze iminsi zivugwa na bamwe mu bayobozi b’ibihugu by’abaturanyi, avuga ko we rimwe na rimwe atajya afata umwanya wo kugira icyo azivugaho kuko haba hari umurongo (…)
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, atangizaga Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, kuri uyu wa Kabiri tariki 23 Mutama 2024, yibukije urubyiruko ko ari rwo rufite inshingano zo gukomeza kubaka Igihugu, birinda ikintu cyose cyakongera gukururira Abanyarwanda mu macakubiri yakongera kugeza u Rwanda kuri Jenoside.
Inama y’Igihugu y’Umushyikirano ihuza Perezida wa Repubulika n’abahagarariye abaturage, ikaba ari ngarukamwaka kuko iba nibura rimwe mu mwaka, igasuzuma uko ubuzima bw’Igihugu n’ubumwe bw’Abanyarwanda bihagaze.
Abatuye mu bice bitandukanye by’Igihugu bagaragaza ko batewe impungenge n’urubyiruko rwugarijwe n’ibisindisha ndetse n’ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge, ku buryo bifuza ko byakongera guhabwa umurongo mu mushyikirano wa 19.
Banki y’iterambere y’u Rwanda (BRD) yatangaje ko yatanze inguzanyo ya miliyari 15 ku bigo 5 bitwara abantu mu mujyi wa Kigali.
Abaturage bo mu bice bitandukanye by’Igihugu bifuza ko izamuka ry’ibiciro rya hato na hato by’umwihariko ku biribwa ryaba mu bizaganirwaho mu nama y’Igihugu y’Umushyikirano.