Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatoye itegeko rishyiraho ikigo gishinzwe ibijyanye n’isanzure (Rwanda Space Agency ‘RSA’), ikemeza ko nigitangira gukora kizazanira inyungu igihugu biciye mu bigo bitandukanye.
U Rwanda rwashyizeho uburyo bwo koroshya ubwikorezi bw’ibicuruzwa biza mu Rwanda biturutse muri Tanzania.
U Rwanda rwatangiye kwitegura kuba rwahangana n’inzige bivugwa ko zishobora kwibasira Akarere ka Afurika y’Iburasirazuba hagati y’ukwezi kwa Kamena na Nyakanga uyu mwaka, kandi bivugwa ko zishobora kuzaba ari nyinshi kurusha izari zagaragaye mu bihugu bimwe mu Karere muri Gashyantare uyu mwaka wa 2020.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Uburezi (REB) cyatangaje ko gahunda cyashyizeho yo kwiga hifashishijwe ikoranabuhanga (e-learning) yashyizweho mu rwego rwo gufasha abanyeshuri bari mu rugo gusubiramo amasomo yabo, yitabiriwe ku rwego rushimishije.
Urugaga rw’abikorera mu Rwanda (PSF), rusaba ko ibigo bya Leta bitishyura ba rwiyemezamirimo ku gihe byahabwa ibihano bikomeye, kuko uko kutishyurwa ku gihe, bituma abikorera batagira uruhare bifuzaga kugira mu iterambere ry’ubukungu.
Muri iyi minsi u Rwanda ruratangira gukwirakwiza inzitiramibu zikorewe mu Rwanda, ibyo bikazafasha mu guca Malariya burundu mbere y’umwaka wa 2030, no kugabanya ingengo y’imari ikoreshwa mu kuzitumiza mu mahanga.