Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bari bahungiye mu Kigo cya Caraes, bashengurwa n’uko abasirikare b’Umuryango w’Abibumbye (UN) bahisemo gukiza imbwa yabo bo bakabihorera.
Ngabonziza Augustin waririmbye indirimbo zirimo iyitwa “Ancilla”, avuga ko igihe kirenga ukwezi amaze arwariye mu bitaro byamusigiye isomo ryo gufasha ababaye.
Bihoyiki Deo wahanze indirimbo “Akabura Ntikaboneke” avuga ko nta muhanzi n’umwe w’ubu umwemeza ariko ngo abona bazatera imbere.
Umuririmbyikazi Oda Paccy amaze iminsi muri Tanzaniya aho ari gukorera imishinga ye ya muzika mu nzu itunganya umuziki yitwa Wasafi Records y’umuririmbyi Diamond Platinumz.
Umuhanzi wo hambere Buhigiro Jacques avuga ko atangazwa n’ukuntu indirimbo z’abaririmbyi b’iki gihe ziba ziganjemo amarira n’amaganya aho gutanga ubutumwa.