Ikipe ya Paris Saint-Germain yatsindiye Arsenal FC iwayo igitego 1-0 mu mukino ubanza wa ½ cy’irangiza cya UEFA Champions League, wabaye mu ijoro ryo ku wa 29 Mata 2025 itera intambwe ya mbere yerekeza ku mukino wa nyuma.
Amakipe ya Arsenal FC yo mu Bwongereza na Paris Saint-Germain yo mu Bufaransa ahuriye ku kuba yombi yamamaza ubukerarugendo bw’u Rwanda arahurira muri ½ cy’irangiza cy’irushanwa rya UEFA Champions League mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri tariki 29 Mata 2025.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’Abagore mu mukino wa Basketball yashyizwe mu Itsinda rya kane hamwe n’ibihugu bya Nigeria na Mozambique, mu irushanwa ry’Igikombe cya Afurika kizabera muri Côte d’Ivoire mu Mpeshyi ya 2025.
Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru ku Mugabane w’i Burayi, ishobora gukora impinduka mu mategeko ya Champions League kuva 2025-2026 by’umwihariko mu cyiciro cyo gukuranamo,harimo gukuraho iminota 30 y’inyongera, ndetse no gushingira ku mwanya ikipe yagize, hakirwa umukino wo kwishyura nk’ingingo yazamuwe na Arsenal.
Umutoza wa Mukura Victory Sports et Loisirs FC, Afahmia Lotfi yatangaje ko kuba iyi kipe yarageze mu makipe ane ya nyuma ahataniye Igikombe cy’Amahoro cya 2025, ari intambwe ihagije, ndetse ko itanakinnye umukino wa nyuma ngo ibe yatwara igikombe nta kibazo cyaba kibirimo.
Ku isaha ya saa tatu n’iminota 45 kuri uyu wa Mbere wa Pasika, tariki 21 Mata 2025, ni bwo inkuru y’urupfu rw’Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis yamenyekanye binyuze mu itangazo ryasomwe na Karidinali Kevin Farrell, yemeza ko yaguye aho yari atuye muri Casa Santa Marta i Vatikani.
Kuri iki Cyumweru,ikipe ya APR FC yanganyirije na Etincelles FC kuri Kigali Pele Stadium, ibitego 2-2 itakaza umwanya wa mbere wasubiranywe na Rayon Sports.