Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron asheshe Inteko nyuma y’aho ishyaka Rassemblement Nationale ritavuga rumwe n’ubutegetsi rije imbere mu mashyaka y’u Bufaransa yatsindiye imyanya myinshi mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko y’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), ibintu bitarimo kuvugwaho rumwe kugeza ubu.