U Rwanda na Denmark byasinyanye amasezerano agamije gufasha ibihugu byombi gukorana, kimwe kikigira ku kindi uburyo bwo gufata neza impunzi, kwita ku mpunzi za politiki, uburyo bwiza bwo guhangana n’impinduka z’ikirere, ubucuruzi ndetse n’Ikoranabuhanga.
U Rwanda n’u Budage basinyanye amasazerano y’inkunga y’Amayero Miliyoni 78, ni ukuvuga Miliyari 90 z’Amafaranga y’u Rwanda, azakoreshwa mu kwegereza serivisi abaturage, imiyoborere myiza, kongera ibyoherezwa mu mahanga, guteza imbere amashuri y’imyuga n’ubumenyi ngiro (TVET) n’ibindi.
Urukiko mpanabyaha rwashyizweho n’Umuryango w’Abibumbye rwasimbuye urwari rusanzwe rwa ICTR, ari rwo rwitwa UNIRMCT (The United Nations International Residual Mechanism for Criminal Tribunals), rwamaganye bikomeye abapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku itariki 02 Gashyantare 2021 yemeje gutanga ubwenegihugu bw’u Rwanda ku bantu batanu bamaze igihe batanga umusanzu ukomeye mu iterambere ry’igihugu.
Gahunda y’Imbonezamikurire y’abana bato (NECDP), igiye guhindura uko yakoraga, ikorane cyane n’inzego z’ibanze kuko byagaragaye ko itagera ku bo igenewe uko bikwiriye.
Imwe mu mishanga igamije kurwanya isuri ijyana ubutaka mu Mugezi wa Sebeya, harimo guca amaterasi, no kwita ku binyabuzima biri hafi y’umugezi wa Sebeya, yatangiye kongera gukora bigarura icyizere ku baturage baturiye uwo mugezi kuko imvura yo muri uku kwezi kwa Mata ikomeje kwiyongera.
Ingengo y’imari y’uyu mwaka turimo (2019-2020) yari miliyari ibihumbi bibiri na miliyoni magana inani (Rwf2.8 trillion), izo miliyari ijana na mirongo ine ( 140bn Rwf), zikaba zariyogereyeho mu rwego rwo gushyigikira gahunda zitandukanye za Leta.
Inteko Ishinga Amategeko umutwe w’Abadepite, yatangaje ko igiye gutumiza Abaminisitiri bane muri Guverinoma bagatanga ibisobanuro ku bintu bitandukanye. Mu byo bagomba gusobanura harimo kuba hari gahunda za Leta zigamije iterambere ry’abaturage badashyira mu bikorwa hirya no hino mu gihugu.