Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yashimye abakozi ba Pariki kubera ubwitange bubaranga mu kazi kabo ko kubungabunga ibinyabuzima bibamo, by’umwihariko ingagi.
Abakinnyi batatu b’ikipe ya Arsenal yo mu Bwongereza bitabiriye umuhango wo Kwita Izina abana 24 b’ingagi, ndetse na bo bagira uruhare muri uwo muhango baha amazina bamwe muri abo bana b’ingagi.
Buri muhango wo Kwita Izina abana b’ingagi uba ufite umwihariko cyane cyane mu kwakira abashyitsi no kugaragaza isura ya nyayo y’ubukerarugendo mu Rwanda.
Mukanoheri Venantie wo mu Kinigi uboha uduseke akatugurisha amadolari kuri ba mukerarugendo bavuye muri Amerika n’ahandi, yashoboraga kuba agikurikira umugabo we mu ishyamba ry’ibirunga guhiga utunyamaswa two kurya.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) ruherutse gutangaza ko umuhango ngarukamwaka wo kwita izina abana b’ingagi kuri iyi nshuro uzakorwa hifashishijwe ikoranabuhanga mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.