Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA) yatangaje ko kuri uyu wa gatanu tariki ya 05 Nyakanga 2019 ari umunsi w’ikiruhuko rusange mu rwego rwo gukomeza kwizihiza umunsi wo kwibohora.
Aha ndavuga nk’Umunyarwanda wabaye mu Rwanda nkivuka. Abanyarwanda twese twari tuboshye, abibwiraga ko bataboshye baribeshyaga. Abatutsi bari baboshywe no gucibwa mu gihugu bakirimo, n’ipfunwe ryo kuzira icyo utihaye.
Ibirori byo kwizihiza isabukuru y’imyaka 25 u Rwanda rumaze rwibohoye ku rwego rw’igihugu byabereye kuri Stade Amahoro i Remera kuri uyu wa 04 Nyakanga 2019. Hari hateraniye abantu batandukanye harimo Abanyarwanda n’abanyamahanga. Ababyitabiriye bizihiwe nk’uko bigaragara muri aya mafoto yafashwe n’umunyamakuru wa Kigali (…)
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yasobanuye intandaro y’urugamba rwo kwibohora, avuga ko urugamba rwari ngombwa kandi nta kundi byari kugenda kuko hagombaga kubaho uburyo bwo guhanga igihugu gishya kandi cyiza.
“Urugamba rw’amasasu rwararangiye, haracyasigaye urugamba rwo kurwanya ubukene”, ni imvugo ikunze kugarukwaho n’abayobozi benshi uhereye ku bagize Guverinoma kugera mu nzego z’ibanze, ndetse no mu baturage basanzwe.
Imyaka ibaye 25 ishize nyuma y’aho ingabo zahoze ari iza RPA zibohoreje u Rwanda zigahagarika jenoside yakorewe Abatutsi yatwaye ubuzima bw’inzirakarengane zisaga miliyoni.Nyuma urugamba rwo kwibohora rwakomereje mu bikorwa bitandukanye byo kubaka igihugu.
Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) igaragaza ko ibikorwa byo kubohora Abanyarwanda ingoyi y’ubukene n’imibereho mibi mu mwaka wa 2018-2019 bifite agaciro k’amafaranga arenga miliyari 97.5, ariko ko hakoreshejwe miliyari 85.3 bigatuma Leta izigama amafaranga arenga miliyari 12.1.
Mu gihe u Rwanda rwizihiza isabukuru yo Kwibohora ku nshuro ya 25, umuhanzi Jean de Dieu Rwamihare uzwi nka Bonhomme mu ndirimbo zo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, yateguye ibitaramo bibiri yise ‘Inkotanyi ni Ubuzima’, agamije gusobanura uko abasirikare b’Inkotanyi bagiye barokora Abatutsi bicwaga mu gihe cya Jenocide (…)
Perezida Kagame avuga ko Imana irema isi nta bice byaremewe gukena, akavuga ko Afurika n’u Rwanda by’umwihariko bitaremewe guhora bisabiriza kubera ubukene, bityo ko mu myemerere ye bitarimo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa gatatu 03 Nyakanga 2019 yatashye umudugudu w’icyitegererezo wa Karama wubatswe mu murenge wa Kigali, akarere ka Nyarugenge mu mujyinwa Kigali, wuzuye utwaye amafaranga y’u Rwanda y’u Rwanda arenga miliyari umunani.
Col. Rugazora Emmanuel uyobora ingabo mu turere twa Nyanza, Ruhango, Muhanga na Kamonyi yasobanuriye urubyiruko rwo mu Karere ka Nyanza iby’ubutumwa bw’gitabo cy’impanuro Perezida Kagame yasohoye.
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwizihiza ku nshuro ya 25 umunsi wo Kwibohora, bamwe mu bahanzi bamenyekanye muri muzika nyarwanda bazitabira igitaramo cyo Kwibohora 25 baributsa Abanyarwanda ko ari inshingano za buri wese gusigasira ibyagezweho.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, avuga ko amahanga yatekerezaga ko urugamba rwo kwibohora rwari kuba rwararwanywe mu bundi buryo.
Muri iki gihe, aho umuntu ahagaze hose muri Kigali, ashobora kubona inzu nziza y’umweru iba ishashagiranamo amatara mu masaha ya nijoro.
Ingabo zo mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba zigiye kumara icyumweru zifatanya n’Ingabo z’u Rwanda mu gikorwa cyo kuvura ku buntu Abanyarwanda mu Ntara y’Iburasirazuba aho abarenga ibihumbi bibiri (2000) bahabwa serivisi z’ubuvuzi ku buntu.
Akarere ka Gasabo kavuga ko abaturage bose batishoboye bazaba bubakiwe muri 2019/2020, ndetse ko ubucucike mu ishuri butazarenza abana 50.
Umusore witwa Ishimwe Hubert wo mu karere ka Nyagatare arasaba urubyiruko kwirinda ibigare by’inshuti mbi, kuko bishobora kubashora mu ngeso mbi, bikabicira ubuzima.