MENYA UMWANDITSI

  • Inkweto Michael Jordan yakinanye bwa mbere muri NBA zagurishijwe Amadolari Miliyoni 1 n’ibihumbi 470

    Michael Jordan icyamamare mu mukino wa Basketball, inkweto yakinishije mu ishyirahamwe ry’umukino wa Basketball muri Amerika (NBA), zaciye agahigo ko kugurwa amafaranga menshi angana na miliyoni imwe n’ibihumbi 470 mu madolari muri cyamunara (ni ukuvuga angana na miliyari imwe na miliyoni 470 mu mafaranga y’u Rwanda).



  • Mark Zuckerberg nyiri Facebook akomeje kugaragaza inyota yo kwagura imikorere ishingiye ku ikoranabuhanga ryo ku rwego rwo hejuru

    Facebook irashaka guha akazi abantu 10,000

    Kompanyi ya Facebook irateganya guha akazi abantu ibihumbi icumi (10,000) bo mu muryango w’ubumwe bw’ibihugu by’i Burayi kugira ngo bubake icyitwa ‘metaverse’ iri rikaba ari ikoranabuhanga Facebook ishaka kujya ikoresha rituma abantu barikoresha basa nk’aho bari kumwe.



  • Abanyeshuri bo muri Gabon bagiye gukomereza amasomo mu Rwanda

    Abanyeshuri 31 bo muri Gabon baje kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda

    Kaminuza y’u Rwanda yakiriye abanyeshuri 31 bo muri Gabon baje mu Rwanda gukurikira amasomo atandukanye y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza.



  • Akomeje guca agahigo ko kugira izuru rirerire ku Isi

    Wigeze utekereza ko ikintu gisanzwe, urugero nk’igice kimwe cy’umubiri wawe gishobora gutuma uba ndetse ukitwa umuntu udasanzwe ku isi? Wowe ushobora kubona gisanzwe kuko uhora ukibona, wakimenyereye nyamara atari ko abandi bakureba babibona. Ni byo byabaye kuri Mehmet Özyürek, umugabo wo muri Turkiya w’imyaka 71 ufite (...)



  • Dmitry Muratov na Maria Ressa

    Abanyamakuru Maria Ressa na Dmitry Muratov begukanye igihembo cy’Amahoro ‘Nobel 2021’

    Abo banyamakuru batsindiye icyo gihembo, uyu mugore Maria wo mu gihugu cya Philippine na Muratov wo mu Burusiya, barwanye intambara zitoroshye mu kugira ngo habeho ukwishyira ukizana mu kuvuga mu bwisanzure ibyo abantu batekereza, aba kandi bakaba bafashwe nk’abanyamakuru bahagarariye abandi bose barwanira uku kwishyira ukizana.



  • Clement Chiwaya

    Malawi: Uwahoze ari Depite yapfiriye mu Nteko Ishinga Amategeko yirashe

    Clement Chiwaya wahoze yungirije ukuriye Inteko Ishinga Amategeko mu gihugu cya Malawi guhera mu mwaka wa 2014 kugeza muri 2019 yitabye Imana nyuma y’aho yirashe isasu mu mutwe akoresheje imbunda yo mu bwoko bwa pisitole, ibi bikaba byabereye mu nteko ishinga amategeko mu gihugu cya Malawi.



  • Umuhanzikazi Vanessa Mdee n’umukunzi we Rotimi bibarutse imfura y’umuhungu

    Umuhanzikazi Vanessa Mdee ukomoka mu gihugu cya Tanzania yabyaye imfura ye y’umuhungu abyaranye n’umukunzi we Rotimi, uyu akaba umuhanzi ndetse n’umukinnyi wa filime. Aba bombi bibarutse umwana wabo nyuma y’uko hari hashize ukwezi batangaje ko bitegura kwibaruka. Aba kandi babyaranye nyuma y’imyaka ibiri bakundana.



  • Byinshi ku munyarwanda uherutse mu marushanwa mpuzamahanga yo kubaka umubiri (Bodybuilding)

    Clement Hirana ni umunyarwanda w’imyaka 32 uba mu gihugu cy’u Bufaransa. Aherutse gukora amateka ku nshuro ya mbere yaritabira amarushanwa mpuzamahanga yo kubaka umubiri (Bodybuilding).



Izindi nkuru: