Perezida wa Komisiyo ya Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat, yashimiye Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu. Yabinyujije mu butumwa yatanze kuri uyu wa 23 Nyakanga 2024, aho yashimiye Paul Kagame watorewe kuyobora u Rwanda, avuga ko bazakomeza gufatanya ku bw’inyungu z’umugabane.
Mu gihe usanga hari ababyeyi baterwa ipfunwe nuko abana babo barwaye indwara ya autisme ituma bagira imyitwarire itandukanye n’iy’abandi, hari n’abamaze gusobanukirwa neza iby’iyi ndwara bahamya ko icyo aba bana bakeneye ari ukwitabwaho bagahabwa urukundo kuko nabo bashoboye nk’abandi.
Abayobozi batandukanye biganjemo abo ku mugabane wa Afurika barimo Perezida wa Kenya William Ruto, Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan n’abandi, bohereje ubutumwa bushimira Perezida Paul Kagame wongeye gutorerwa kuyobora u Rwanda muri manda y’imyaka itanu iri imbere.
Nyuma y’uko Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) imaze gutangaza iby’ibanze byavuye mu matora ya Perezida wa Repubulika, Umukandida wigenga Mpayimana Philippe yatangaje ko icyo yifuzaga ari uko Abanyarwanda bagira uruhare mu gushyiraho ubuyobozi bwabo.
Mu gihe habura amasaha make ngo amatora y’Umukuru w’Igihugu n’ay’Abadepite atangire ku Banyarwanda bari imbere mu Gihugu, abaturage bo mu Mudugudu wa Mwijuto, Umurenge wa Niboye mu Karere ka Kicukiro bavuga ko bishimiye kuzatorera ahantu heza kandi hahesha agaciro abo bazatora kandi biteguye kuzindukira kuri site y’itora (...)
Ibiro bya perezida wa Kenya byatangaje ko ‘byemeye ubwegure’ bw’uwari Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Kenya, Japhet Koome wabugejeje kuri Perezida Dr. William Samoei Ruto kuri uyu wa Gatanu.
Perezida wa Kenya William Ruto yafashe icyemezo cyo kwirukana abagize Guverinoma nyuma y’igihe hari imyigaragambyo muri iki gihugu, yateguwe n’urubyiruko ruvuga ko ibyo yabasezeranije bitakozwe.
Abanyamuryango ba FPR-Inkotanyi bo mu Murenge wa Nyarugenge mu karere ka Nyarugenge, bavuga ko bazatora Chairman wa FPR, Paul Kagame kubera iterambere yabagejejeho mu gihe amaze ayoboye u Rwanda.
Mu itangazo yashyize ahagaragara kuri uyu wa 09 Nyakanga 2024, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) yatangaje ko umworozi ugejeje amata ku ikusanyirizo azajya ahabwa 400Frw kuri litiro imwe, mu gihe igiciro cya litiro imwe y’amata ku ikusanyirizo ari 432Frw.
Nyuma yuko Minisitiri w’Intebe Gabriel Attal atangaje ko ashyikiriza Perezida w’u Bufaransa Emmanuel Macron ubwegure bwe, kuri uyu wa 8 Nyakanga 2024, Perezida Emmanuel Macron yamusabye ko aguma ku butegetsi by’igihe gito.
Kuri uyu munsi mpuzamahanga wo kurwanya ibiyobyabwenge, Umuryango w’Abibumbye (UN), uvuga ko kubatwa nabyo atari amahitamo bityo ababikoresha badakwiye guhezwa kugira ngo bafashwe.
Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye zikorera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo, MONUSCO zafunze ibiro byazo i Bukavu nk’uko byatangajwe na radio Okapi iterwa inkunga n’Umuryango w’abibumbye (ONU).
Abahanzi b’amazina akomeye muri muzika Nyarwanda barimo Bruce Melodie, Knowless na Chriss Eazy basusurukije abitabiriye ibikorwa byo kwamamaza umukandida w’Umuryango FPR Inkotanyi ku mwanya w’Umukuru w’Igihugu, Paul Kagame, byabereye mu Karere ka Nyarugenge.
Mugihe kuri uyu wa Mbere hizihijwe umunsi mpuzamahanga w’abagore muri diplomasi, Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane y’u Rwanda yifatanije n’Isi kwizihiza no Kwishimira ibyagezweho n’abagore muri diplomasi.
Abakora ubuhinzi bifashishije inzira zitandukanye zo kuhira, bavuga ko bahura n’imbogamizi nyinshi zirimo n’igiciro kiri hejuru cy’umuriro w’amashanyarazi bagasaba ubufasha inzego bireba.
Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente Edouard yakiriye Umunyamabanga Wungirije akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Ibiro by’Umuryango w’Abibumbye bishinzwe ishyirwa mu bikorwa ry’imishinga (UNOPS), Bwana Jorge Moreira Da Silva.
Kuri uyu wa 18 Kamena 2024, u Rwanda na Luxembourg byasinyanye amasezerano y’imikoranire agamije iterambere, yashyizweho umukono na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Olivier Nduhungirehe na Minisitiri w’Intebe wungirije wa Luxembourg, Xavier Bettel.
Urugaga Nyarwanda rw’amakoperative (National Cooperatives Confederation of Rwanda/NCCR), rwiyemeje kuzakomeza kurwanya abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside, kandi bigisha abandi cyane cyane urubyiruko rubakomokaho.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 13 Kamena 2024, Perezida Paul Kagame yakiriye mu biro bye Ambasaderi w’u Burusiya mu Rwanda, Karén Chalyan, uri gusoza inshingano ze.
Umuyobozi Mukuru wa Polisi y’u Rwanda (IGP), CG Felix Namuhoranye, tariki 10 Kamena 2024, yahaye impanuro abapolisi 240 bitegura kujya mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro mu gihugu cya Sudani y’Epfo.
Ku mugoroba wo ku cyumweru tariki 09 Kamena 2024, Minisitiri w’Intebe w’u Buhinde, Narendra Modi, yarahiriye kongera kuyobora iki gihugu muri manda ya Gatatu, mu birori byabereye i New Delhi, ahitwa Rashtrapati Bhavan.
Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu tariki 07 Kamena 2024, yitabiriye inama ya 23 idasanzwe y’abakuru b’ibihugu by’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC), yabaye hifashishijwe ikoranabuhanga.
Umuhanzi w’Indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Israel Mbonyi kuri uyu wa Gatatu tariki 05 Kamena 2024, yatangaje ko yageze mu Bubiligi mu mujyi wa Bruxelles aho afite igitaramo ku itariki 8 Kamena.
Perezida Kagame yahawe Impamyabumenyi y’Ikirenga y’Icyubahiro mu bijyanye n’Imiyoborere Rusange "Public Policy and Management’’ muri kaminuza ya Yonsei iri muri Korea.
Umuryango FPR Inkotanyi uvuga ko iterambere mu bukungu bw’igihugu n’imibereho myiza y’abaturage ari bimwe mu bikomeje gutuma icyizere cyo kubaho cyiyongera aho cyavuye ku myaka 49 mu mwaka 2000, kikagera ku myaka 69.6 mu mwaka 2024.
Umuyobozi Mukuru w’Urwego rushinzwe Imiyoborere mu Rwanda (RGB), Dr. Usta Kaitesi, Kuwa Gatanu tariki 31 Gicurasi 2024, yayoboye umuhango w’ihererekanyabubasha, mu muryango w’Abayisilamu mu Rwanda hagati ya Mufti Sheikh Salim Hitimana ucyuye igihe na Mufti Sheikh Sindayigaya Mussa wamusimbuye.
Umuvugizi w’Igisirikare cy’u Rwanda (RDF), Brig. Gen Ronald Rwivanga mu izina ry’Umugaba Mukuru w’Ingabo, yifatanije n’Ambasade ya Sénégal mu Rwanda mu rwego rwo kwibuka Captain Mbaye Diagne wishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, ubwo yari mu butumwa bwo kubungabunga amahoro bw’umuryango w’Abibumbye mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abanyeshuri bo mu Ishuri ry’Ubukungu rya Wharton School of Business ryo muri Leta ya Pennsylvania yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bayobowe n’abayobozi b’iyi kaminuza barimo Prof Katherine Klein na Eric Kacou.
Minisitiri w’Ikoranabuhanga na Inovasiyo Ingabire Paula, yabwiye urubyiruko rukoresha ikoranabuhanga ko iyo utazi aho uvuye utagira n’icyerekezo cy’aho ujya, abasaba guhaguruka bakarwanya abapfobya Jenoside n’abatesha agaciro ibimenyetso n’amakuru yerekeye Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Marie Claire Kanyamibwa wahoze akina umukino w’intoki wa Basketball, uyu munsi akaba ari umutoza, avuga ko basketball imaze gutera imbere kandi irimo amahirwe menshi ugereranije n’imyaka yo hambere.