Ibyo Umukuru w’Igihugu yabivuze ku wa Kabiri tariki 13 Mata 2021, ubwo yitabiraga inama ngarukamwaka (The Head of State made ‘Raisina Dialogue conference’) itegurwa na Minisitiri w’u Buhinde ushinzwe ibijyanye n’ububanyi n’amahanga ku bufatanye n’Ikigo kitwa ‘Observer Research Foundation’ (ORF).
Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa nkuru ya Leta, Johnston Busingye, avuga ko u Rwanda nta hantu rugira hafungirwa abantu mu buryo butazwi, kugira ngo bakorerwe iyicarubozo. Avuga ko ibirego nk’ibyo biba bifite impamvu za Politiki zibyishe inyuma zigamije kwanduza isura ya Guverinoma y’u Rwanda.
Nkuko hari umugani w’Ikinyarwanda uvuga ngo ‘So ntakwanga akwita nabi’ hari nubwo akwita izina rikakuzanira amahirwe mu buzima. Izina ni ikintu gikomeye mu muco Nyarwanda, ni yo mpamvu kwita umwana ari ikintu cyo kwitondera. Mu buhamya bwa Ntirandekura, umuntu yumva ko izina rye ryamuzaniye amahirwe.
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa mbere tariki 27 Mata 2020, Perezida Kagame yagize icyo avuga ku bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (East African Community - EAC) mu rugamba rwo kurwanya COVID-19.
RwandAir kimwe n’ibindi bigo by’ingenzi, bizakenera inkunga ya Leta ndetse no koroherezwa kugira ngo bishobore kongera gukora neza mu gihe icyorezo cya Coronavirus kizaba kirangiye.
Igikorwa cyo kugenzura abagomba gufungurwa by’agateganyo, cyakozwe n’Ubushanjacyaha(NPPA),Polisi ndetse n’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), cyarangiye ku wa gatatu tariki 08 Mata 2020 cyemeje ko abantu 1.182 bari bafungiye mu za sitasiyo za polisi hirya no hino mu gihugu bagomba kurekurwa by’agateganyo.
Abagize itsinda ry’Intumwa z’u Rwanda na Uganda (Ad Hoc Commission) ryiga ku iyubahirizwa ry’amasezerano impande zombi zashyizeho umukono agamije kugarura umubano mwiza hagati y’ibyo bihugu, barahurira i Kigali kuri uyu wa gatanu tariki 14 Gashyantare 2020.
U Rwanda ruvuga ko raporo yasohowe n’umuryango mpuzamahanga urengera uburenganzira bwa muntu (Human Rights Watch - HRW) irimo ibinyoma kuko yashingiye ku makuru ya kera.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yinjije abagize umuryango we muri gahunda ya ‘Connect Rwanda’ igamije gukusanya telefoni zigezweho (Smartphones) zikazahabwa imiryango ikennye na yo ikinjira mu ikoranabuhanga bitarenze impera z’umwaka wa 2020.