Ubwo yarangizaga kwiga ibyerekeranye no gutwara indege muri Werurwe 2016 mu kigo cya Akagera Aviation, Lieutenant Ariane Mwiza, yabaye umwe mu banyeshuri batsinze neza, icyo gihe bakaba barasoje amasomo yo gutwara indege ari abasirikare 14 bo mu ngabo z’u Rwanda (RDF).
U Rwanda ruravuga ko rurimo gukorana na Tanzania mu kurangiza ikibazo cy’abatwara amakamyo manini hagati y’ibihugu byombi bo muri Tanzania.
Izi nyubako zari ziherereye mu gace kamwe zaramenyekanye cyane muri Kigali nk’ahantu ho kwidagadurira cyane cyane mu masaha ya nijoro mu myaka nka makumyabiri ishize. Icyakora kuri ubu aho zimwe zari ziri hasigaye amatongo kuko zakuweho, izindi zikaba zirimo gukurwaho. Intego yo kuzikuraho ni ukuhahindura ahantu hajyanye (…)
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, yavuze ko u Rwanda rumaze kubona inyungu mu gukoresha utudege duto tuzwi nka ‘Drones’ mu bikorwa by’ubuzima no mu bikorwa remezo.
Abaturage bari barabuze uko bava mu maboko y’abarwanya u Rwanda mu mashyamba yo mu Burasirazuba bwa Repubulika ya Demokarasi ya Congo, basobanuye ko abo barwanyi bari baranze kubarekura ngo batahe kuko bababwiraga ko mu Rwanda nta mutekano uhari.
Umuhango wo Kwita Izina muri uyu mwaka uratanga icyizere cyo kugenda neza kurusha imyaka yashize biturutse ku bikorwa Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) rwateguye bibanziriza umunsi nyirizina.
Sena y’u Rwanda, kuri uyu wa kane tariki 25 Nyakanga 2019 yemeje ba Ambasaderi icumi bashya bagiye guhagararira u Rwanda mu bihugu by’amahanga.
Ku mbuga nkoranyambaga hakomeje kugaragara ubutumwa bw’abantu batandukanye binubira izamuka rikabije ry’ibiciro by’amazi mu Rwanda.