Umuhanzikazi w’icyamamare muri Afurika, Tiwa Savage, yatangaje ko kuba umubyeyi bitahise bimworohera mu ntangiriro, aho yavuze ko mu myaka ya mbere amaze kwibaruka imfura ye yahuye n’imbogamizi nyinshi zamugizeho ingaruka ku mubiri, ku mitekerereze no ku mwuga we w’umuziki.
Umuhanzi w’icyamamare muri Afurika y’Iburasirazuba, Jose Chameleone ukomoka muri Uganda, arateganya gutangiza radiyo nshya mu Mujyi wa Bujumbura mu Burundi, mu mushinga ugamije guteza imbere umuziki, imyidagaduro n’umuco by’akarere, by’umwihariko hagamijwe gushyigikira abahanzi bato.
Umuhanzikazi nyarwanda Alyn Sano ari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho yitabiriye inama mpuzamahanga ya muzika izwi nka NAMM Show 2026, ibera muri Leta ya California.
Guverinoma ya Australia yafashe icyemezo gikomeye cyo kubuza abana bari munsi y’imyaka 16 gukoresha imbuga nkoranyambaga zikomeye zirimo TikTok, Facebook, Instagram na YouTube, hagamijwe kurinda ubuzima n’imitekerereze by’abana.
Mu Mujyi wa Kigali, gutwara abagenzi kuri moto ni bumwe mu buryo bukoreshwa nabantu benshi mu ngendo za buri munsi.
IShowSpeed, umusore w’Umunyamerika, akaba n’umwe mu bantu bakunzwe cyane ku mbuga nkoranyambaga ku Isi muri iki gihe, ari kuzenguruka u Rwanda.