Ihuriro ry’Abanyarwanda bize muri za Kaminuza zinyuranye zo mu Bushinwa, bafashe umwanya wo kugira ubutumwa bagenera Abashinwa mu rwego rwo kubereka ko bifatanyije na bo.
Ku itariki 8 Gashyantare 2020, Minisitiri w’ibikorwaremezo Amb.Claver Gatete yanditse kuri Twitter ko u Rwanda rumaze gusinya amasezerano agera ku ijana (100) mu bijyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere.
Abanyamakuru ba Kigali Today baherutse kugirira uruzinduko mu kigo cya Mutobo, ahakirirwa abahoze ari abasirikare batahuka bava muri Congo.
U Rwanda rumaze iminsi rwakira Abanyarwanda bataha bava mu mashyamba ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho bari barahungiye mu mwaka wa 1994, ubwo mu Rwanda habaga Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abahanga mu by’ubukungu, bavuga ko kuguza amafaranga muri banki, ugamije kugura cyangwa kubaka inzu ari igitekerezo cyiza, kandi bikaba byagirira inyungu buri wese.
Kuva mu mwaka wa 2018, Leta y’u Rwanda yatangije imishinga minini yo kubaka ibikorwaremezo bijyanye n’igice cy’ubwikorezi, umunini kuruta indi yose, ni uwo kubaka ikibuga mpuzamahanga cy’indege cyo mu Bugesera, kuko ibuye ry’ifatizo ryashyizwe ahubakwa icyo kibuga muri Kanama 2017.
Mu minsi ishize hari ifoto ebyiri zazengurutse ku mbuga nkoranyambaga, imwe yerekana ahitwa muri Karitsiye Matewusi i Kigali mu 1918 n’indi yo muri 2019, ni ukuvuga ifoto yerekana iyo karitsiye mu myaka 101 ishize.