Igikomangoma Charles cya Wales n’umugore we Camilla wa Cornwall, birebeye ubwiza bw’imideri ya Afurika n’iy’u Burayi mu gihe cy’inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma (CHOGM), irimo kubera i Kigali mu Rwanda, bikaba byarabaye ku wa 23 Kamena 2022.
Perezida Paul Kagame, ku mugoroba wo ku wa Kabiri tariki 12 Mata 2022, yagiranye ibiganiro kuri telefoni n’igikomangoma Charles w’u Bwongereza, ku bijyanye n’imyiteguro y’inama ya CHOGM u Rwanda ruzakira mu mpeshyi y’uyu mwaka.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame hamwe n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza(Commonwealth), Hon. Patricia Scotland, batangaje ko Inama Ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bigize uyu muryango izabera i Kigali mu cyumweru kizatangira tariki 20 Kamena 2022.
Ubunyamabanga bw’Umuryango wa Commonwealth uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw"icyongereza bwatangaje ko inama ya CHOGM ihuza ibyo bihugu yagombaga kubera mu Rwanda mu kwezi gutaha yasubitswe.
Perezida w’u Rwanda, Paul Kagame, kuri uyu wa Kane tariki 29 Mata 2021 yakiriye mu biro bye Intumwa y’u Bwongereza ishinzwe Umuryango Commonwealth w’ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza.
Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda yatangaje ko mu bakingiwe COVID-19 kuri uyu wa Kane tariki 11 Werurwe 2021 harimo abakorera mu ma Hoteli yo muri Kigali, harimo n’azakira abazitabira inama ya #CHOGM2021.
Umunyamabanga Mukuru w’umuryango Commonwealth w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Patricia Scotland, ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu rugamije kureba aho imyiteguro yo kwakira inama ya CHOGM igeze.
Itsinda ryoherejwe n’Umuryango w’ibihugu bihuriye ku rurimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ ritangaza ko ryatunguwe n’uburyo u Rwanda rwiteguye kwakira inama z’uwo muryango zitezwe mu kwezi kwa Kamena 2021.
Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) Hon. Patricia Scotland, batangaje itariki nshya y’inama y’Abakuru b’Ibihugu bihuriye muri uwo muryango.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Prof Shyaka Anastase, avuga ko Inama y’Umuryango w’ibihugu bivuga icyongereza (Commonwealth) ku bijyanye n’iterambere ry’imijyi, yashojwe ku wa Gatatu tariki 02 Nzeri 2020, yanzuye ko politiki y’imiturire inoze yava mu magambo ikajya mu bikorwa.
Inama ihuza Abakuru b’Ibihugu na za Guverinonma bigize Umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza izwi nka ‘CHOGM’ (Commonwealth Heads of Government Meeting) yagombaga kubera i Kigali kuva ku itariki ya 22 Kamena kugeza ku itariki ya 27 Kamena 2020, yasubitswe.
Polisi y’u Rwanda yazamuye ibendera ry’umuryango w’Ibihugu bikoresha Icyongereza uzwi nka ‘Commonwealth.’
Mu Murenge wa Remera wo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali kuri uyu wa Gatatu tariki 04 Werurwe 2020 hatangijwe ubukangurambaga bw’isuku n’umutekano. Ni ubukangurambaga bukorwa ku bufatanye bw’Umujyi wa Kigali, inzego z’umutekano na Ministeri y’Ubuzima, mu rwego rwo kwitegura inama mpuzamahanga izwi nka CHOGM.
Mu gihe hasigaye amezi abarirwa muri ane ngo u Rwanda rwakire inama mpuzamahanga ikomeye kurusha izindi zose rwakiriye, imyiteguro irarimbanyije by’umwihariko mu Mujyi wa Kigali.
Minisitiri w’Ibikorwaremezo, Ambasaderi Claver Gatete, avuga ko Umujyi wa Kigali uzaba utatse mu buryo budasanzwe mbere y’uko Inama y’Abakuru b’ibihugu bikoresha icyongereza (CHOGM) izateranira mu Rwanda mu kwezi kwa Kamena 2020.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame ari kumwe n’Umunyamabanga mukuru wa Commonwealth, Patricia Scotland, batangaje ko Inama y’ibihugu bihuriye mu Muryango w’Ibikoresha Ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) itaha izabera mu Rwanda ku itariki ya 22 Kamena 2020.
Abakuru b’ibihugu bigize umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Icyongereza ‘Commonwealth’ bihereranye bemeza u Rwanda nk’igihugu kizakira inama itaha y’uyu muryango.
U Rwanda ni rwo rwatoranyijwe kuzakira inama y’umuryango w’ibihugu bivuga Icyongereza ya Commonwealth izaterana mu 2020.