Umuhanzi Yvonne Mugemana uzwi ku mazina ya Queen Cha, abaye uwa gatatu usezeye inzu itunganya umuziki ya The Mane records nyuma ya Jay Polly na Safi Madiba.
Umuhanzi Bruce Melodie uzwi mu njyana ya RnB na Afrobeat yatandukanye n’umujyanama we witwa Kabanda Jean de Dieu bari bamaranye igihe, ahita asinyana amasezerano n’undi mushya witwa Ndayisaba Lee, kugira ngo abone uko yinjira neza ku isoko rya muzika ryo muri Afurika y’Iburasirazuba.
Yvan Buravan ni umwe mu bahanzi bakiri bato wazamutse mu buryo bwihuse mu myaka ya za 2015. Azwi mu njyana ya ‘pop’ akaba yarakunzwe cyane kubera ijwi ryiza ku buryo no mu 2018 yabonye igihembo cya ‘Prix Découvertes RFI’.
Umuhanzi The Ben avuga ko arimo gutegurira abafana be ikintu kibafasha muri iki gihe bari muri gahunda ya ‘Guma mu rugo’.
Sherrie Silver ni umubyinnyi w’indirimbo zigezweho wabigize umwuga, akaba ari urugero ku rubyiruko rwo hirya no hino ku isi, rukora cyane kugira ngo rugere ku nzozi zarwo.
Akenshi abantu babona ibyamamare, mu binyamakuru, kuri televiziyo, muri za videwo, ku mafoto n’ahandi bakabona basa neza, ariko hari ubwo bibagirwa ko uko gusa neza, kugira inkomoko, kuko hari abantu bakora umwuga wo gukora ibishoboka byose kugira ngo uko kugaragara neza kw’ibyamamare bihoreho.