Hari bamwe mu bahanzi bari bakunzwe hano mu Rwanda ubu batakigarara cyane mu bitaramo cyangwa ngo basohore indirimbo.
Mu Rwanda hatangijwe ikindi kigo kigurisha moto zikoresha amashanyarazi cyitwa safi. Izo moto zikoresha amashanyarazi zizasimbura izari zisanzwe zikoresha lisansi. Ni moto zizajya zuzurira igihe kingana n’iminota 45 kugira ngo moto ibe yuzuye umuriro ugakoreshwa ku ntera y’ibirometero 90.
Kuva tariki ya 07 kugeza ku ya 11 Ukwakira 2019, mu Rwanda harabera inama ihuriza hamwe impuguke ziturutse hirya no hino ku isi, inzego za Leta n’abandi bafatanyabikorwa. Ni mu rwego rwo kuganira ku mabwiriza y’ubuziranenge arebana no kubungabunga ubuzima n’umutekano by’abakozi.
Ubusanzwe igihe k’impeshyi kirangwa n’ibikorwa byinshi bitandukanye harimo n’imyidagaduro. Muri iyi nkuru, Kigali Today irabibutsa bimwe mu bihe bitazibagirana mu mitwe ya benshi byabaye mu gihe cy’impeshyi ya 2019, ni ukuvuga kuva mu kwezi kwa Kamena kugeza muri Kanama 2019.
Mu gihe iminkanyari kuri bamwe ifatwa nk’ikimenyetso cy’ubukure mbese umuntu ageze mu zabukuru, hari izindi impamvu zinyuranye zitera kuzana iminkanyari imburagihe. Bikunze kugaragara aho usanga umuntu ukiri muto afite iminkanyari mu maso ku gahanga harajeho imirongo ari yo yitwa iminkanyari.
Hari uduce twamenyekanye cyane ku mazina y’abantu bahatuye ndetse n’abahubatse kurusha amazina yaho yanditswe mu byangombwa byemewe n’ubutegetsi bwite bwa Leta.
Minisiteri y’Uburezi ibinyujije mu ishami rya Siyansi n’Ikorabuhanga (National Council for Science and Technology), kuri uyu wa kane tariki 19 Nzeri 2019 bahembye imishinga 11 y’abashakashatsi mu buzima, ubuhinzi, umutungo kamere ndetse no mu bushakashatsi bukorerwa mu nganda. Buri mushinga wahawe miliyoni 50 yose hamwe (…)
Ubuyobozi bw’urugaga rw’abahanga mu by’imiti mu Rwanda, buratangaza ko abakora serivisi za farumasi cyangwa se abatanga imiti badafite abahanga mu by’imiti baba batanga uburozi aho gutanga imiti.
Inyota irasanzwe ku buzima bwa muntu kuko iterwa n’amazi aba yagabanutse mu mubiri ugashaka andi, ariko kandi hari inyota iterwa n’izindi mpamvu zitandukanye, ahanini zifite ikindi zihatse nk’uburwayi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) n’Ikompanyi imenyerewe mu gutegura ibitaramo mu Rwanda (East African Promoters - EAP) ndetse n’abahanzi bazitabira igitaramo cyo Kwita Izina ari bo Meddy, Riderman na Bruce Melody n’uhagariye Charly & Nina ari we Gaelle Gisubizo bagiranye ikiganiro n’abanyamakuru muri Kigali Arena.
Mu rubyiruko hari imvugo nyinshi zikoreshwa ahanini n’urubyiruko, baganira bashaka kuzimiza cyangwa kuryoshya ikiganiro nk’abantu b’urungano.
Ku cyumweru tariki 25 Kanama 2019, umuraperi Young Grace Abayizera yibarutse umwana w’umukobwa yise Amata Anca Ae’eedah Ai yahaye akabyiniriro ka DIAMANTE.
Mu kinyejana cya makumyari mu mwaka 1910 umuganga, umwanditsi akaba n’impuguke mu mitekerereze ya muntu witwa Freud Sigmund ukomoka muri Austria yaduye ikiswe “complexe d’oedipe”.
Ubusanzwe indwara y’imvuvu no gucika kw’imisatsi biterwa n’uruhu rwumagaye cyangwa gukoresha ibikoresho by’imisatsi byanduye, ibintu bitandukanye dushyiramo, nk’amavuta ataragenewe gusigwamo n’ibindi.
Umuvugizi wa Polisi mu Mujyi wa Kigali, CIP Umutesi Marie Goretti, yasabye abamotari kwitwararika, bubahiriza amategeko yo mu muhanda ndetse barangwa n’imyitwarire myiza kugira ngo babashe gukora akazi kabo neza, batanga serivisi nziza ku babagana.
Umuyobozi wa INES Ruhengeri, aravuga ko kuba ibihugu 12 byaritabiriye amahugurwa ku bunyamwuga by’abavoka, ari amahirwe ku biga uyu mwuga mu Rwanda kuko umubano wubatswe n’ibyo bihugu watuma babasha kujya kwimenyerezayo umwuga ku buryo bworoshye.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga Prof. Sam Rugege arasaba abakora umwuga wo kunganira abandi mu nkiko bazwi nk’Abavoka kurangwa n’imyitwarire myiza, bakabera urugero abandi barimo n’ababashakaho ubufasha kuko ari zo ndangagaciro zikwiye kubaranga.
Bamwe mu banditsi b’Abanyarwanda baravuga ko kubera umuco wo kudasoma n’iterambere ry’ikoranabuhanga abantu bahitamo kwirebera imyidagaduro kuri za murandasi cyangwa bakareba televiziyo ntibasome ibitabo.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’u Rwanda ishami ry’ubuhinzi n’ubworozi, bavumbuye uburyo bwo gukora burete (boulettes) zirimo imboga rwatsi, karoti n’ibitunguru.
Hirya no hino mu mijyi yo mu Rwanda haboneka ababyeyi bakora akazi ko gukubura mu mihanda. Ni akazi gatunze abo babyeyi mu buzima bwo mu mujyi buba butoroshye. Hari abibaza uko abo babyeyi babasha kubaho mu mujyi babikesha ako kazi.
Abagore batwite n’abateganya gutwita bakwiye kwirinda kunywa inzoga uko yaba ingana kose kugeza igihe umwana avukiye, kuko bigira ingaruka ku buzima bw’umwana utaravuka mu mikurire ye, ku bwonko ndetse no ku marangamutima ye akaba yahura n’ingorane zitandukanye.
Ubusanzwe umuntu agura agakingirizo agamije kwikingira indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina cyangwa kwirinda inda itateguwe. Ibyo ni ubwirinzi, umuntu ntiyari akwiye guterwa ipfunwe na byo, ariko usanga kuri bamwe bikiri imbogamizi kugura agakingirizo mu ruhame.
Ubusanzwe amaribori hari abayafata nk’uturango tw’ubwiza cyane cyane bagendeye ku muco nyarwanda. Nyamara abahanga mu buvuzi bemeza ko ari indwara ivurwa kandi igakira. Amaribori agaragara ku bagabo ndetse n’abagore. Icyakora agaragara ku bagore cyane kurusha abagabo.
Ubusanzwe siporo ni nziza kuva ku muto kugeza ku mukuru kuko ifasha kugira ubuzima bwiza.
I Kigali habereye ikiganiro n’abanyamakuru gitegura Inama Mpuzamahanga ku Mbonezamikurire y’abana bato izabera i Kigali ku matariki ya 11 na 12 Kamena 2019.
Abantu batekereza ko indwara y’amaso nta buryo bwo kuyirinda nyamara iyo ufashe indyo zizwiho gufasha amaso kugira ubuzima bwiza, ukagira n’ikinyabupfura mu mibereho yawe, harimo kuruhuka kwirinda ibikorwa byica amaso n’ibindi watuma amaso yawe arindwa indwara ndetse akarushaho kubona neza.
Sosiyete Nyafurika ikora ibijyanye no kwerekana shene za Televiziyo StarTimes, yegukanye uburenganzira ntayegayezwa bwo kwerekana irushanwa CONMEBOL Copa Amerika rihuza ibigugu byo muri Amerika y’Amajyepfo mu gice cya Afurika yo munsi y’ubutayu bwa Sahara rigiye kubera muri Brasil.
Urubuga rwa Interineti www.medicalnewstoday.com rusobanura ko Osteoporosis ari indwara y’amagufa iboneka mu mubiri igihe habaye gutakaza amagufa, kuba ari mato, cyangwa byombi. Ibyo bigira ingaruka zo kudakomera kw’amagufa ku buryo umuntu avunika ku buryo bworoshye, hakaba igihe umuntu atsikira gato akavunika ku buryo bukabije.
Uretse kurinda amaso imirasire y’izuba, indorerwamo z’amaso ni umwe mu mirimbo bamwe bambara bagamije kurushaho kuberwa.
Televiziyo ni igikoresho cyiza cyo mu rugo kijyanye n’iterambere, kirebwa n’abagize umuryango. Icyakora kijya giteza ubwumvikane buke ku guhitamo ibyo abantu bareba bitewe n’uko abayireba badakunda ibintu bimwe.