Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) mu Karere ka Muhanga, uratangaza ko kugira ngo urwibutso rwa Kabgayi rwagurwe, hakenewe amafaranga asaga Miliyari imwe na Miliyoni ijana.
Rutagungira Damascène wo mu Karere ka Kayonza, Umurenge wa Kabarondo, avuga ko yihishe munsi ya bariyeri, aho interahamwe zategeraga abantu atabizi, ariko ku bw’amahirwe abasha kurokoka.
Mu biganiro bijyanye no gutangiza icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi, ku Cyumweru tariki 7 Mata 2024, mu Karere ka Huye hagarutswe no ku gushishikariza urubyiruko kwitabira gahunda zo kwibuka no guharanira kumenya amateka Igihugu cyabo cyanyuzemo, ari byo bizarufasha kubaka u Rwanda ruzima.
Urwibutso rwa Murambi ni rumwe mu nzibutso esheshatu zizwi cyane mu Rwanda bibukiraho Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, kubera amateka yihariye zibitse kuri Jenoside.
Ku rwibutso rwa Nyamata rushyinguyemo imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 basaga ibihumbi mirongo ine na bitanu(45.000), habereye igikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30, nyuma gikurikirwa n’igikorwa cyo gucana urumuri rw’icyizere rutari rusanzwe.
Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ruvuga ko ibirego byo kwanga gutanga amakuru y’ahari imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside bigera kuri 257 mu myaka itanu ishize kuva muri 2019 kugera muri 2023.
Mu gihe ku Cyumweru tariki 07 Mata 2024 hatangiye ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ikipe ya Bayern Munich yifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka.
Ku nshuro ya mbere mu myaka 30 ishize, Umukuru w’Igihugu Paul Kagame yavuze inkuru ya mubyara we – Florence, wakoraga mu Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Iterambere (UNDP), wishwe urw’agashinyaguro n’Interahamwe mu kigo cya gisirikare cya Kigali mu 1994, nyuma y’uko Kagame atabashije kumutabara abinyujije kuri Lt. (...)
Perezida Kagame mu ijambo yagejeje ku bitabiriye kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yashimye ubutwari bwaranze abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bwo kongera kubaka ubumwe mu rugendo Igihugu cyari gitangiye rwo kwiyubaka.
Mu gihe kuri iki Cyumweru hatangiye icyumweru cy’icyunamo ndetse n’iminsi ijana yo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Ikipe ya Arsenal yifatanyije n’Abanyarwanda kwibuka, igaragaza ko iri hamwe na bo binyuze mu butumwa abakinnyi n’abayobozi bayo batanze.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame hamwe n’abandi banyacyubahiro n’inshuti z’u Rwanda, kuri iki Cyumweru tariki 7 Mata 2024 ku rwibutso rwa Kigali ruri mu Murenge wa Gisozi mu Karere ka Gasabo, bacanye urumuri rutazima mu rwego rwo gutangiza ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda(RBC) kivuga ko abaganga bavura ihungabana boherejwe ahantu hose hazajya habera ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Kuri iki Cyumweru tariki 07 Mata 2024, amabendera yose ari ku butaka bw’u Rwanda yaba ay’u Rwanda ndetse n’agaragaza imiryango n’ibihugu by’amahanga yururukijwe kugeza hagati, mu rwego kwifatanya n’u Rwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igahitana inzirakarengane zirenga miliyoni imwe mu gihe (...)
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imihanda mikuru imwe n’imwe yo muri Kigali itazakoreshwa nk’uko bisanzwe, ikaba igira inama abantu kunyura ahandi.
Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed Ali, wageze mu Rwanda mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 6 Mata 2024 aho yaje kwifatanya n’Abanyarwanda mu bikorwa byo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umukuru w’Igihugu cy’u Bufaransa, Emmanuel Macron, wari kwitabira igikorwa cyo gutangiza Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yohereje intumwa, ikaba iraye ishyize umukono ku masezerano y’inkunga izahabwa u Rwanda, ingana n’Amayero Miliyoni 400.
Uwahoze ari Perezida wa Leta zunze Ubumwe za Amerika, Bill Clinton, hamwe n’izindi ntumwa z’Umukuru w’icyo Gihugu, Joe Biden, bageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Mata 2024, mu rwego rwo kwifatanya n’Abanyarwanda kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Umukuru w’Igihugu cya Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa, yageze mu Rwanda ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 06 Mata 2024, aho yitabiriye ibikorwa byo Kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ibikorwa bitangira kuri iki Cyumweru.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Mata 2024 yakiriye muri Village Urugwiro mugenzi we wa Repubulika ya Czech, Général Petr Pavel, uri mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi itatu.
Perezida wa Repubulika ya Czech, Général Petr Pavel, uwa Madagascar, Andry Rajoelina na Lauriane Doumbouya, umugore wa Perezida wa Guinée, Gen Mamady Doumbouya, bageze i Kigali, aho baje kwifatanya n’Abanyarwanda mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 30 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Isesengura Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakoze, rimugaragariza ko buri myaka 30 uhereye muri za 1960 kugeza ubu, Jenoside ihora ikorerwa abantu bo mu bwoko bw’Abatutsi, kandi bigakorwa amahanga arebera.
Perezida wa Pologne, Andrzej Sebastian Duda, yavuze ko Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, amateka rubumbatiye akwiye kubera ishuri rihanitse amahanga mu bijyanye n’ubutabera n’imbabazi bifasha abaturage mu isanamitima.
Ni kenshi abantu bakunze kumva havugwa ko bamwe mu rubyiruko by’umwihariko abavutse nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, bafite ibibazo bifitanye isano n’amateka yayo.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Nemba mu Karere ka Burera, rwiganjemo abatundaga magendu n’ibiyobyabwenge nyuma bakiyemeza kubivamo, ubwo basuraga Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo Guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi, iherereye ahokorera Inteko Ishinga Amategeko ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali, bagasobanurirwa amateka (...)
Kuva 11 Mutarama 1994 kugeza tariki ya 11 Mutarama 2024, imyaka 30 yari ishize Umuryango w’Abibumbye (ONU) umuneyeshejwe ko mu Rwanda harimo gutegurwa Jenoside yakorewe Abatutsi ariko ntiwabyitaho.
Uko imyaka ishira indi igataha, hirya no hino mu gihugu hagenda haboneka imibiri y’abishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi bitewe n’uko benshi mu bafite amakuru banga kuyatanga. Hari ababiterwa no kuba bafite aho bahuriye n’ibyaha bya Jenoside, abandi bakabiterwa n’amasano bafitanye n’abahamwe n’ibyaha.
Ibikorwa byo kwagura urwibutso rwa Jenoside rwa Mutete, ruherereye mu Murenge wa Mutete, Akarere ka Gicumbi iri kugera ku musozo. Iyo nyubako biteganyijwe ko izatwara amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari imwe na miliyoni 600, ije kuba igisubizo mu kubungabunga imibiri y’Abazize Jenoside, nyuma y’ubusabe bw’abafite (...)
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Burezi, Ubumenyi n’Umuco (UNESCO) ryatangaje ko urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, urwa Bisesero, urwa Murambi n’urwa Nyamata zashyizwe mu murage w’Isi.
Umuryango w’Abanyamulenge batuye hirya no hino ku Isi, wibutse ku nshuro ya 19 bene wabo biciwe mu nkambi ya Gatumba mu Gihugu cy’u Burundi, basaba Leta y’icyo Gihugu kubafasha kubona ubutabera kuko ababiciye bakidegembya.
Abakozi b’uruganda rw’icyayi rwa Nyabihu (Nyabihu Tea Factory) bavuga ko bo bashaka kunga ubumwe, bagakora ibinyuranye n’iby’abayobozi ndetse n’abakozi b’inganda z’ibyayi bakoze mu gihe cya Jenoside.