Gasabo: Yahiguye umuhigo we atanga inkunga yo gusana amazu y’abasizwe iheruheru na Jenoside

Umushoramari David Banusan ukomoka muri Israel ariko akaba afite ubwenegihugu bw’u Bwongereza, yashyikirije akarere ka Gasabo inkunga ya miliyoni 20 z’amafaranga y’u Rwanda yemeye yo gusana amazu y’abasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Kuri uyu wa gatandatu tariki 5/7/2014 nibwo Banusan yagejeje iyi nkunga ku muyobozi w’akarere ka Gasabo, Willy Ndizeye, nyuma y’uko yiyemeje gutanga inkunga ye mu gikorwa cyo kwibuka cyabereye mu murenge wa Jali mu kwezi kwa Kane uyu mwaka.

Banusan yashyikirije sheki y'amafaranga miliyoni 20 z'mafaranga y'u Rwanda umuyobozi w'akarere ka Gasabo (iburyo).
Banusan yashyikirije sheki y’amafaranga miliyoni 20 z’mafaranga y’u Rwanda umuyobozi w’akarere ka Gasabo (iburyo).

Amafaranga yatanze akaba azasana amazu y’abacitse ku icumu rya Jenoside yamaze kwangirika yo mu murenge wa Jali, nk’uko yabitangaje ubwo yari muri uyu muhango.

Banusan asanzwee akorera ibikorwa bye by’ishoramari mu Rwanda, aho afite sosiyete ikora mu bijyanye n’amabuye y’agaciro yitwa Minerals Supply Africa Ltd.

Hari hashize amezi agera kuri abiri yiyemeje ko azatanga umusanzu we mu gufasha gusana amazu y'abasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hari hashize amezi agera kuri abiri yiyemeje ko azatanga umusanzu we mu gufasha gusana amazu y’abasizwe iheruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Iyi nkunga yiyemeje kuyitanga ubwo yari mu murenge wa Jali ahari hibutswe Abatutsi bishswe muri Jenoside yo mu 1994.
Iyi nkunga yiyemeje kuyitanga ubwo yari mu murenge wa Jali ahari hibutswe Abatutsi bishswe muri Jenoside yo mu 1994.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka