ADEPR Kamonyi yageneye ibyo kurya Abarokotse Jenoside muri ibi bihe bya COVID-19
Ubuyobozi bw’Itorero rya ADEPR mu Karere ka Kamonyi, kuwa Gatanu tariki 17 Mata 2020 bwashyikirije akarere imifuka 180 ya kawunga, yo gufasha abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, muri ibi bihe abantu basabwa kuguma mu ngo mu rwego rwo kwirinda Coronavirus.
Ni ibyo kurya byaje bisanga ibindi byari byatanzwe mbere, mu rwego rwo gufasha abandi baturage na bo bari mu ngo zabo kubera gushyira mu bikorwa amabwiriza agamije gukumira icyorezo cya Coronavirus.
Umuyobozi w’Itorero rya ADEPR mu Karere ka Kamonyi, Pasitoro Jean Claude Bimenyimana, avuga ko ibyo biryo byatanzwe n’abakirisitu mu rwego rwo gufata mu mugongo abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane cyane muri ibi bihe byo kwibuka ku nshuro ya 26, byanahuriranye n’icyorezo cya COVID-19.
Pasitoro Bimenyimana avuga ko kugera ku barokotse Jenoside ya korewe Abatutsi 1994 no kubafasha, ari uburyo bwo kubaba hafi no kubafata mu mugongo muri ibi bihe buo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi.
Yongeraho kandi ko nk’abakirisitu, Yesu Kirisitu n’ubundi abasaba iteka ryose kwitanga.
Ati “Natwe abakirisitu, Umwami Yesu yitanze ku bwacu, natwe adusaba kwitangira abandi”.
Yungamo ati “Yesu yatanze ubugingo bwe ku bwacu, natwe ikidukwiriye ni uko twatanga ubugingo bwacu ku bwa bene Data”.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi bwakiriye iyo nkunga, buvuga ko buzayigeza ku barokotse Jenoside, bukanashimira abayoboke ba ADEPR batekereje gufasha bagenzi babo muri ibi bihe.
Iyo nkunga yakiriwe n’umukozi ushinzwe abakozi mu Karere ka Kamonyi, hamwe n’uhagarariye Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA) muri ako Karere ka Kamonyi.
Iyonkunga yose ikaba yaratwaye amafaranga y’u Rwanda 3.205.400.
Inkuru zijyanye na: Kwibuka26
- Abagize Ibuka-Italia basanga Jenoside yakorewe Abatutsi ikwiye kwigishwa mu mashuri
- Komisiyo yiga ku ruhare rw’u Bubiligi mu bibazo bya Congo izagaragaze n’uruhare bwagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi – RESIRG
- Musenyeri Rucyahana aramagana abakomeje gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi
- Itorero Inganzo Ngari rirabasusurutsa mu gitaramo cyo Kwibohora bise ‘Urw’Inziza’
- Nyanza: Mu mibiri itatu yabonetse i Busasamana, umwe wahise umenyekana
- Itangizwa rya Turquoise: Operasiyo ya Gisirikare y’Abafaransa yari ije gutabara Guverinoma y’Abicanyi n’ingabo zayo
- Abapfobya Jenoside ntibagomba kudutera ubwoba - Dr Bizimana J. Damascène
- Imiryango yazimye muri Jenoside ni ikimenyetso cy’umugambi wo kurimbura abafite icyo bahuriyeho – Jeannette Kagame
- Uwarokotse Jenoside ararembye nyuma yo gukubitwa n’abagizi ba nabi
- Tariki 17/06/1994 : Guverinoma ya Kambanda yabeshye ko mu Bisesero hari inyenzi, ijya gutsemba Abatutsi baho bari bataricwa
- 14-17/06/1994 : iyicwa ry’Abatutsi kuri Sainte Famille no kuri Saint Paul na Operasiyo idasanzwe y’Inkotanyi yo gukiza abicwaga
- Gukurikirana ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside bishyigikira ubumwe n’ubwiyunge
- Tariki 08/06/1994: Muri Ngororero ubwicanyi bwakorewe abana babyawe n’abagore b’Abahutukazi ku bagabo b’Abatutsi
- Ubuhamya: Interahamwe zahaye Kayitaramirwa amahitamo atatu
- Abanyarwanda baba muri Cameroun bibutse Jenoside yakorewe Abatutsi
- Gushakisha imibiri mu cyuzi cya Ruramira birasubukurwa kuri uyu wa mbere
- Icyuzi cya Ruramira kimaze kubonekamo imibiri y’Abatutsi 218 bishwe muri Jenoside
- Tariki 04/06/1994 : Ifatwa rya Kabgayi ryababaje Guverinoma ya Kambanda
- Iya 02 Kamena 1994 itariki y’icyizere ku barokokeye i Kabgayi
- U Bubiligi bwahamagaje Abadipolomate babwo kubera amakosa bakoze mu #Kwibuka26
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|