Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa muri Mozambique, zishe ibyihebe 70 mu byari byagabye igitero ku birindiro byazo ndetse no mu midugudu ibarizwa mu gice zigenzura.
Indege ya gisirikare ya Malawi yari irimo Visi Perezida wa Malawi, Saulos Chilima hamwe n’abandi bantu icyenda, yaburiwe irengero, nyuma y’uko yari imaze guhaguruka i Lilongwe mu murwa mukuru w’icyo gihugu, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere tariki 10 Kamena 2024.
Umupilote w’icyogajuru Apollo 8, Bill Anders, wafashe amafoto yamamaye cyane ari mu isanzure, yitabye Imana ku myaka 90 y’amavuko aguye mu mpanuka y’indege.
Muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), nyuma y’uko havuzwe igitero cyagabwe ku Biro bya Perezida wa Repubulika (Palais de la Nation) no ku rugo rw’Umunyapolitiki Vital Kamerhe, babiri mu bari bashinzwe umutekano we bakahasiga ubuzima, iperereza ryahise ritangizwa. Ariko se ryaba rimaze kugera ku ki?
Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, yatangaje iminsi itanu y’icyunamo cyo kunamira Perezida Ebrahim Raisi na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Hossein Amir-Abdollahian, bahitanywe n’impanuka ya kajugujugu ku Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024.
Indege ya Kajugujugu yari itwaye abantu barimo Perezida wa Iran, Ebrahim Raisi, yakoze impanuka, abari bayirimo bose barapfa nk’uko byatangajwe kuri Televiziyo y’Igihugu ya Iran mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2024.
Umuvugizi w’Igisirikare cya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo(FARDC), Gen Maj Sylvain Ekenge, yasobanuye ko abagabye igitero ku bayobozi b’icyo gihugu ku Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024, ari itsinda ry’abarwanyi babarirwa muri 50 bafite ubwenegihugu butandukanye.
Igihugu cya Tunisia cyatangaje ko abantu 23 baburiwe irengero nyuma yo guhaguruka bari mu bwato berekeza i Burayi.
Mu rukerera rwo kuri iki Cyumweru tariki 19 Gicurasi 2024 mu Mujyi wa Kinshasa muri Komini ya Gombe ku nyubako ya Vital Kamerhe uherutse gutorerwa kuba Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko humvikanye urusaku rw’amasasu menshi.
Minisitiri w’Umutekano mu gihugu cy’u Bufaransa yatangaje ko abapolisi b’u Bufaransa, barashe umuntu witwaje intwaro washakaga gutwika isinagogi mu mujyi wa Rouen uherereye mu majyaruguru y’iburengerazuba.
Uganda yatanze umuburo ku baturage batuye ku nkombe z’ikiyaga no ku nkombe z’imigezi, bitewe n’ubwiyongere bw’amazi, bugeze ku rwego ruteye impungenge.
Umunyakenya wagombaga guhanishwa igihano cy’urupfu muri Arabiya Sawudite (Saudi Arabia), yari agiye kwicwa, bihagarikwa ku munota wa nyuma kubera ubukangurambaga bwo mu rwego rwo hejuru burimo gucicikana ku mbuga nkoranyambaga bumutabariza.
Muri Kenya, itangira ry’igihembwe cya kabiri cy’amashuri ryimuriwe mu gihe kitazwi bitewe n’imvura n’imyuzure bikomeje kwibasira icyo gihugu.
Colonel Uwimana Alphonse wabashije gutoroka inyeshyamba z’umutwe witwaje intwaro wa CNRD/FLN urwanya Leta y’u Rwanda, ubarizwa mu mashyamba yo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yishimira ko nyuma y’urugendo rw’ibirometero bisaga 600 yakoze aturutse muri ayo mashyamba, yageze mu Rwanda akakiranwa ubwuzu, (...)
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame, yihanganishije igihugu cya Kenya nyuma y’uko cyibasiwe n’ibiza bigahitana ubuzima bw’abantu benshi, ndetse ibikorwa remezo bikangirika.
Abagororwa 118 batorotse gereza nyuma y’imvura nyinshi yaguye mu ijoro ryo ku itariki 25 Mata 2024 yangiza ikigo cya Suleja hafi y’umurwa mukuru wa Nigeria, nk’uko umuvugizi wa serivisi ya gereza yabitangaje.
General Francis Ogolla wari Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya, uherutse kugwa mu mpanuka y’indege ya girisirikare, yabaye ku itariki 18 Mata 2024, arashyingurwa kuri iki Cyumweru tariki 21 Mata 2024, ariko arashyingurwa nta sanduku nubwo yari umukirisitu, kubera ko ari icyifuzo cye, nk’uko byasobanuwe na mukuru we, Canon (...)
Umugaba Mukuru w’Ingabo za Kenya, General Francis Omondi Ogolla, hamwe n’abandi ba Ofisiye umunani bari kumwe, bitabye Imana baguye mu mpanuka y’indege ya kajugujugu.
Arielle Kayabaga, Umudepite mu Nteko Ishinga Amategeko ya Canada, yasabye ko iki gihugu cyakwemeza FDLR nk’umutwe w’iterabwoba.
Perezida Paul Kagame avuga ko yibaza impamvu hari abadashyigikira umutwe wa M23, kubera ko ibyo abagize uwo mutwe baharanira ari uburenganzira bwabo bavutswa. Ibi Perezida Kagame yabigarutseho kuri uyu wa Mbere tariki 08 Mata 2024 mu kiganiro yagiranye n’ibitangazamakuru bitandukanye byaba ibyo mu Rwanda, ndetse n’ibyo (...)
Ku wa Kane tariki ya 28 Werurwe 2024, abapolisi b’u Rwanda 320 bari mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro muri Repubulika ya Santarafurika (MINUSCA) bambitswe imidali y’ishimwe.
Polisi yo mu Mujyi wa Baltimore, Maryland muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yatangaje ko bamaze kuvana imirambo ibiri mu mazi nyuma y’impanuka y’ubwato butwara imizigo bwabuze amashanyarazi bukagonga ikiraro cyitiriwe Francis Scott Key mu rukerera ku wa Kabiri kigahanukana n’imodoka n’abantu.
Ambasaderi w’u Rwanda muri Mozambique, Donat Ndamage, yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu Mujyi wa Mocimboa da Praia. Ni uruzinduko rw’umunsi umwe yakoreye ku cyicaro cy’Ingabo z’u Rwanda mu Mujyi wa Mocimboa da Praia ku itariki 27 Werurwe 2024.
Perezida wa Uganda akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’Igihugu, Yoweri Kaguta Museveni, yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Ingabo za Uganda (UPDF), umuhungu we General Muhoozi Kainerugaba amugira Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda.
Perezida Paul Kagame yavuze ko yahaye gasopo abayobozi ba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ubwo Ingabo z’icyo gihugu mu ntambara zihanganyemo na M23, zarasaga ku butaka bw’u Rwanda zikoresheje imbunda ziremereye bigahitana ubuzima bw’Abanyarwanda mu Majyaruguru y’u Rwanda.
Ubuyobozi bwa Polisi mu Ntara ya Mara muri Tanzania, bwatangaje ko bwataye muri yombi Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Masaunga muri Bunda, witwa Vincent Nkunguu w’imyaka 39 y’amavuko, akurikiranyweho ibyaha byo gufata ku ngufu umwana w’umukobwa wiga mu mwaka wa Gatandatu muri iryo shuri, yarangiza akamunywesha uburozi (...)
Muri Tanzania, ahitwa Bagamoyo mu Ntara ya Pwani, abantu icyenda bapfuye baguye mu mpanuka y’ikamyo yagonganye n’imodoka ya Coaster itwara abagenzi mu buryo bwa rusange.
Amashyirahamwe y’Abanyamulenge hirya no hino ku Isi, arasaba Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (DRC), gufata ingamba zihamye zo gutabara abo mu bwoko bw’Abatutsi bakomeje kwicwa no gufungwa, mu cyo ayo mashyirahamwe yita akarengane.
Ibyihebe byagabye igitero mu Kiliziya mu Majyaruguru ya Burkina Faso, byica abakirisitu 15, abandi babiri barakomereka ubwo bari mu Misa kuri Paruwasi ya Dori.
Perezida Paul Kagame, aherekejwe n’Umuyobozi Mukuru wa Polisi ya Dubai, Lt General Abdullah Khalifa Al Marri, yasuye icyicaro gikuru cy’iyi Polisi, agaragarizwa ikoranabuhanga rigezweho ndetse n’udushya bikoreshwa mu gucunga umutekano.