Umwarimu uri mu kiruhuko cy’izabukuru witwa Kagoyire Rita w’imyaka 75, ni we wahimbye indirimbo Nakunze mama ndamubura ahagana mu 1971, ubwo yari ari mu kiruhuko cya saa sita aho yigishaga mu mashuri abanza i Nyakabungo, mu cyahoze ari komine Ntongwe ubu ni mu karere ka Ruhango ari naho akomoka.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Nigeria, Divine Ikubor, uzwi ku izina rya Rema, yakoze amateka aba uwa mbere wo ku mugabane wa Afurika, wegukanye igihembo mu bitangirwa mu gihugu cy’u Bushinwa.
Ubuyobozi bwa Trace bwatangaje ko Gwladys Watrin yagizwe umuyobozi wa Trace Academia na Trace Rwanda mu rwego rwo kurushaho guteza imbere uburezi bushingiye ku bumenyingiro no kurushaho gufasha iki kigo kwagura ibikorwa byacyo mu Rwanda.
Nyuma y’uko Leta y’u Burundi ifashe umwanzuro wo gufunga imipaka yose iyihuza n’u Rwanda, abahanzi bakomoka muri icyo gihugu bavuga ko icyo cyemezo gifite ingaruka zikomeye cyane by’umwihariko mu rwego rw’imyidagaduro kuko hari ibigiye gusubira inyuma.
Igitaramo cy’umuhanzi wo muri Nigeria, Damini Ogulu, uzwi cyane ku izina rya Burna Boy, muri Grammy 2024, cyashyizwe ku mwanya wa 6 ku rutonde rwa Billboard nk’umuhanzi mu njyana ya Afro-beat witwaye neza ku rubyiniro.
Umuririmbyikazi ukomoka muri Canada, Céline Marie Claudette Dion, nyuma y’igihe arwana n’ibibazo bikomeye by’ubuzima, yongeye kugaragara mu ruhame mu birori byo gutanga ibihembo bya Grammy Awards, ndetse ashyikiriza igihembo Taylor Swift.
Umuhanzi wamamaye mu njyana ya Afrobeats, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido na bagenzi be bakomoka muri Nigeria batashye amara masa mu bihembo bya Grammy Awards nubwo bahabwaga amahirwe.
Kompanyi ifasha abahanzi yitwa Universal Music Group (UMG) yatangaje ko igiye gukura indirimbo zose z’abahanzi n’abanditsi b’indirimbo isanzwe ireberera inyungu ku rubuga rwa TikTok nyuma y’uko impande zombi zitumvikanye ku masezerano mashya.
Iyo uvuze Hip-Hop nk’injyana y’umuziki mu Rwanda, amwe mu mazina y’abakoze umuziki muri iyi njyana ahita aza mu mitwe y’abantu benshi ni nka Jay Polly, BullDogg, Fireman, P Fla, Green P, MC Mahoni Boni, Riderman, NPC, K8 Kavuyo, Pacson, Diplomate, Bac T, DMS, Neg G, Bably, n’abandi benshi cyane.
Umuhanzi Bruce Melodie uri mu batanze ibiganiro muri Rwanda Day 2024, yageneye impanuro urubyiruko rw’u Rwanda, arusaba gutangira gutekereza k’u Rwanda rw’ahazaza ndetse bagaharanira no kuba urugero rwiza mu byo bakora.
Umuziki urakundwa cyane ku Isi, gusa si ko abawukora bose bahirwa na wo. Mu Rwanda nk’ibindi bihugu, buri mwaka haba abahanzi bagaragaza ko bashobora gukora cyane ku buryo bamenyekana mu ruhando rw’umuziiki akenshi bitewe n’impano, ubushobozi n’ibindi byinshi.
Umuhanzi Mugisha Benjamin uzwi ku izina rya The Ben muri muzika Nyarwanda, yamaze kwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aho ari mu bahanzi bazasusurutsa abazitabira #RwandaDay igiye kuba ku nshuro ya 10.
Umuraperi Elia Rukundo wamenye nka Green P, wamamaye mu itsinda rya Tuff Gang yagaragaje ko ikintu yicuza mu buzima bwe ari umwanya yataye mu bigare byamujyanye mu nzira mbi zatumye habura gato ngo ahatakarize ubuzima.
Françoise Uwumukiza, uhagarariye u Rwanda mu Nteko Ishinga Amategeko mu Muryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EALA), yashyize hanze indirimbo yise ‘Peace for Health’ igaruka ku kwimakaza amahoro n’ubumwe mu Karere, n’inshingano Abanyafurika basangiye zo gufatanyiriza hamwe.
Ubuyobozi bw’abategura irushanwa rya muzika ‘Show Me Your Talent’ ryabereye i Kigali mu myaka ibiri ishize, bwatangaje ko ryamaze no kwagura imbibi aho igice cyaryo cya gatatu kizabera muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, mu rwego rwo kwagura imipaka mu kugaragaza impano z’abanyamuziki batandukanye.
Umuhanzi w’Umunya-Nigeria, Damini Ogulu wamamaye nka Burna Boy, ari ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba mu birori byo gutanga ibihembo bya Grammy awards, akaba ari we muhanzi wa mbere w’injyana ya Afrobeat ugiye kuri uru rutonde.
Umusore w’umunyamuziki w’Umunyamerika witwa Zeddy Will w’imyaka 22 y’amavuko, utuye mu Mujyi wa New York aravugwaho kuba yarateye inda abagore batanu icyarimwe, yarangiza akabategurira ibirori byo kuvuka kw’abana (baby shower) abahurije hamwe bose.
Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Cindy Marvine Gateka, yahuje imbaraga na Aline Gahongayire uherutse kwemera kumufasha muri muzika, bakorana indirimbo bise Wondekurwa Norwa.
Umuhanzi wo muri Nigeria, Michael Adebayo Olayinka wubatse izina mu muziki nka Ruger, yatandukanye n’inzu ya Jonzing World Label yamufashaga ikanareberera inyungu ze mu bikorwa bye bya muzika.
Nyuma ya Mico The Best na Danny Vumbi, Bwiza na we yavuye muri KIKAC Music Label, yareberaga inyungu ze.
Umuhanzikazi w’icyamamare ukomoka muri Nigeria, Tiwatope Omolara Savage uzwi cyane nka Tiwa Savage yatangaje yibiwe i Londre mu Bwongereza.
Umuhanzi ukomoka muri Nigeria, David Adeleke uzwi cyane ku izina rya Davido, wamamaye mu njyana ya Afrobeats yongeye gukora amateka yo kugurisha amatike yose y’igitaramo agashira ku isoko.
Umuhanzikazi Marina Deborah, bwa mbere yatangaje ko nta mukunzi afite ndetse ahakana amakuru yakomeje kuvugwa mu bitangazamakuru bitandukanye, ko akundana na Yvan Muziki.
Salum Iddi Nyange cyangwa se Mama Dangote, akaba nyina w’umuhanzi Diamond Platnumz wo muri Tanzaniya, yavuze ko umuhungu we igihe yemererwa n’amategeko nikigera ashobora kuzafata abana be akabarera cyangwa akazajya amarana na bo igihe ashaka.
Umuhanzi akaba n’umuyobozi w’inzu ifasha abahanzi, Collins Ajereh, uzwi cyane ku izina rya Don Jazzy, yashimagije Davido kubera ishyaka agira mu guteza imbere umuziki we kabone n’ubwo akomoka mu muryango ukomeye.
Filime ivuga ku mateka n’ubuzima byihariye by’icyamamare mu njyana ya Pop, Michael Jackson, byatangajwe ko izasohoka ku ya 18 Mata 2025.
Umuhanzi Ngabo Medard Jobert uzwi cyane nka Meddy, uri mu bahanzi bakomeye b’Abanyawanda, umwanzuro aherutse gutangaza yafashe wo kwiyegurira umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana (Gospel), akomeje kuwushyira mu bikorwa, aho yasohoye indirimbo yise ‘Niyo Ndirimbo’.
Iki gitaramo cyiswe Gabiro Guitar live Experience cyabaye ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 12 Mutarama 2024, kibera ahitwa Centre Culturel Francophone ku Kimihurura mu Rugando.
Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Dr Abdallah Utumatwishima, yakiriye mu biro bye umuraperi Bushali, bagiranye ibiganiro birimo no kumushyigikira mu bikorwa bye bya muzika.
Intore Tuyisenge Jean de Dieu, umuhanzi w’indirimbo gakondo, avuga ko yahisemo guhanga mu njyana gakondo mu rwego rwo gutanga ubutumwa bwo gukunda igihugu ku bakuru n’abakiri bato.