Mu birori byo gutanga “REMO Awards” hagaragayemo ibintu bidasanzwe

Ibirori byo gutanga ibihembo bizwi ku izina rya “REMO Awards” (Rwandan Entertainers and Musicians Organisation Awards) byagaragayemo ibintu bitandukanye bidasanzwe haba mu bahawe ibihembo ndetse no mu bitabiriye ibyo birori.

Remo Awards bihabwa abahanzi ndetse n’abandi bafite aho bahurira n’iterambere ry’umuziki mu ntara y’Amajyaruguru, hagamijwe gushishikariza abahanzi guharanira gukora ibihangano by’umwimerere. Uyu mwaka abahembwe bose bahawe igikombe gusa.

Ibyo birori byari byitabiriwe n'abantu benshi.
Ibyo birori byari byitabiriwe n’abantu benshi.

Ibyo birori byabereye mu mujyi wa Musanze, ku wa gatandatu tariki 03/08/2013, byari byitabiriwe n’abantu batandukanye barimo abafite aho bahuriye n’imyidagaduro mu Rwanda, abayobozi mu nzego za Leta barimo na Guverineri w’Intara y’Amajyaruguru, Bosenibamwe Aimé.

Bimwe mu byatangaje ndetse bikanatungura abantu bari bitabiriye ibyo birori ni uko mu bihembo byatanzwe harimo icyo bahaye Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame.

Francine Umutoni na Patrick Uwineza bashyikiriza igihembo Guverineri Bosenibamwe bageneye Perezida Paul Kagame ngo azakimushyikirize.
Francine Umutoni na Patrick Uwineza bashyikiriza igihembo Guverineri Bosenibamwe bageneye Perezida Paul Kagame ngo azakimushyikirize.

Igihembo cyagenewe Perezida Paul Kagame cyashyikirijwe Guverineri Biosenibamwe kugira ngo nawe azagishyikirize nyir’ubwite. Guverineri nawe yatangarije abatanze icyo gihembo ko azasohoza ubutumwa bidatinze.

Uwineza Patrick umuyobozi wa Top 5 Sai, ndetse akaba n’umuyobozi wungirije wa REMO, yatangaje ko impamvu bahaye igihembo Perezida Paul Kagame ari ukumushimira ubuyobozi bwiza yagejeje ku Banyarwanda, buteza imbere urubyiruko, bwatumye nabo bihuriza hamwe bagategura REMO Awards.

Mbere y'uko avuga ijambo Guverineri Bosenibamwe yabanje gusaba indirimbo DJ indirimbo ya Zouk maze arawukata.
Mbere y’uko avuga ijambo Guverineri Bosenibamwe yabanje gusaba indirimbo DJ indirimbo ya Zouk maze arawukata.

Ikindi cyagaragaye muri ibyo birori kigatangaza abantu ni igihe bahaga ijambo Guverineri Bosenibamwe maze mbere y’uko arivuga agasaba “DJ” gushyiramo indirimbo yo mu njyana ya Zouk.

Iyo ndirimbo imaze kujyamo Guverineri Bosenibamwe yasusurukije abantu biratinda, abyinana na bamwe bu bitabiriye ibirori, bigaragara ko yabyishimiye cyane.

Kwibeshya mu gutanga ibihembo

Ikindi ni uko mu birori bya REMO Awards hagaragayemo kwibeshya mu gutanga ibihembo aho igihembo bagombaga guha “Best Street Promoter” (umenyekanishiriza ibihangano ku muhanda) bagihaye “Best Fan” (umufana ukomeye).

Umuririmbyi Knowless niwe washyikirije igihembo Guverineri Bosenibamwe.
Umuririmbyi Knowless niwe washyikirije igihembo Guverineri Bosenibamwe.

Uwari ufite ibahasha yagombaga kuba irimo izina ry’ugomba guhabwa igihembo cya “Best Street Promoter” yarayifunguye ariko izina ryari ririmo ntiryari rihuye n’ibyari byanditse ku ibahasha kuko izina ryari ririmo ryari irya “Best Fan”.

Nyuma byaje kugaragara ko bibeshye maze biba ngombwa ko umushyushyarugamba ahamagara uwari wahawe icyo gihembo maze arakigarura ahabwa icyo yari yagenewe.

Muri ibyo birori kandi hagaragayemo umugabo usetsa abantu (comedien) ariko icyatangaje abari aho ni uko ibyo yakoraga bitasetsaga abantu. Yari yambaye imyenda isekeje yanisize n’ibintu muso kuburyo uwamubona wese yaseka ariko yageraga kuri “stage” agiye gusetsa abantu ariko ntibaseke.

Umugabo bari bazanye usetsa yari asekeje ariko ibyo yakoraga ntibyasetsaga abantu.
Umugabo bari bazanye usetsa yari asekeje ariko ibyo yakoraga ntibyasetsaga abantu.

Guverineri w’intara y’amajyaruguru nawe yahawe igihembo kubera ko ateza imbere urubyiruko ndetse n’imyidagaduro muri iyo ntara.

Gusa ariko uwagombaga kumushyikiriza icyo gihembo, ariwe muririmbyi Knowless, yatinze kugera kuri “stage” kuburyo Guverineri Bosenibamwe yamaze nk’iminota nk’ibiri ahagaze yabuze umuha igihembo, nyuma ariko Knowless aza kuza, amushyikiriza icyo gihembo.

“REMO Awards” ngo izagera no ku rwego rw’igihugu

Umutoni Francine, umuyobozi wa REMO, avuga ko “REMO Awards” izajya iba buri mwaka. Ngo bateganya no kuyigeza ku rwego rw’igihugu, ntigume mu ntara y’amajyaruguru gusa, mu rwego rwo guteza imbere impano z’abandi bantu baba no mu zindi ntara.

Agira ati “Twifuza ko muri “edition” z’ubutaha twajya no mu zindi ntara…intego yacu ni uko iki gikorwa cyaba no ku rwego rw’igihugu.”

Ibyo birori kandi byari byitabiriwe n'ibyamamare bitandukanye birimo DJ Adams.
Ibyo birori kandi byari byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye birimo DJ Adams.

Akomeza avuga ko kandi yishimiye uburyo “REMO Awards” 2013 yagenze ngo kuko ibyo bateganyaga byose babigezeho.

Yongeraho ko ariko mu byiciro bizakurikiraho bizarushaho kuba byiza ngo kuko bazaba baramaze kumenya ibyo bagomba gukosora bagendeye ku nama bahabwa n’abantu batandukanye barimo n’abazobereye mu bintu bijyanye no gutanga ibihembo kandi baranamaze kubona abaterankunga benshi.

Knowless, Christopher na Producer Clement ubwo bari bakigera mu birori.
Knowless, Christopher na Producer Clement ubwo bari bakigera mu birori.
Karangwa Mike nawe yari yitabiriye ibyo birori.
Karangwa Mike nawe yari yitabiriye ibyo birori.

Guverineri Bosenibamwe yavuze ko bazakomeza gutera inkunga REMO ngo kuko abayitangije bafite igitekerezo cyiza cyo guteza imbere urubyiruko binyuze mu myidagaduro kandi urubyiruko rukaba ari zo mbaraga z’igihugu.

Umuraperi Jay Polly nawe yasusurukije abitabiriye ibyo birori.
Umuraperi Jay Polly nawe yasusurukije abitabiriye ibyo birori.

Usibye ibyamamare byo mu ntara y’amajyaruguru, ibirori bya “REMO Awards” byitabiriwe na bimwe mu byamamare bibarizwa mu mujyi wa Kigali birimo umuririmyi Knowless, Producer Clement, umuririmbyi Christopher, DJ Adams, Karangwa Mike, Jay Polly, n’abandi batandukanye.

Bamwe mu bahawe ibihembo

  Best Popular teen (umuririmbyi ukiri muto ukunzwe) : Mr Gloire

 Best Popular Female artist (umuririmbyi w’umukobwa ukunzwe) : Sister Jamy

 Best Popular Best artist (umuririmbyi w’umugabo ukunzwe) : Franc Kay

 Best Popular Song (Indirimbo ikunzwe) : Ikibazo y’umuririmbyi The Bless

 Best Gospel artist (umuririmbyi w’indirimbo zihimbaza Imana ukunzwe) : Sahihi

 Best Traditional Artist (umuririmbyi w’injyana gakondo ukunzwe) : Ntamukunzi

 Best Film Producer (Uwakoze Filme yakunzwe) : Iyaremye Yves

Norbert Niyizurugero

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

NJEMBONA BYABABYIZA BYUBAHI RIJWE.

MUHIRWA PASCAL yanditse ku itariki ya: 13-06-2015  →  Musubize

byaribyiza cyane turashima ababiteguye.

Nizeyimana pierre yanditse ku itariki ya: 17-08-2013  →  Musubize

musanze oyeeeee!patrick uri umuntu wumugabo kbsa turagushyigikiye !

mugisha claudieu yanditse ku itariki ya: 5-08-2013  →  Musubize

IBI NI SAWA CYANE KBISA MUSANZE OYEEEEEEEEEEEE

franco yanditse ku itariki ya: 5-08-2013  →  Musubize

Hahaaa, ndabona byari danger!Anway iyi initiative uru rubyiruko rwagize ni nziza, bityoabahanzi bo mutundi duce tutari Kigali nabo bakabona ko batibagiwe, kuko usanga za Salax, Guma Guma, byose byibera i Kigali bikanahemba ab’iKigali gusa!!Congs kabisa

cuba yanditse ku itariki ya: 5-08-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka