Knowless yashyikirije imfubyi n’abapfakazi ba Jenoside ibiribwa n’amatungo magufi

Umuhanzi Butera Jeanne d’Arc a.k.a Knowless, tariki 11/04/2013, yashyikirije imfubyi n’abapfakazi ba Jenoside batuye mu kagali ka Nkomero mu murenge wa Busasamana mu karere ka Nyanza inkunga igizwe n’ibiribwa n’amatungo magufi.

Knowless kimwe nabo yise ko ari abo muryango we bari bamuherekeje babanje guhabwa ubuhamya bw’uburyo Jenoside yakorewe Abatutsi bari aho i Nkomero yagenze aho basobanuriwe ko umubare wabo yahitanye kugeza na n’ubu utarabasha kumenyekana.

Knowless yabanje gusobanurirwa uko Jenoside yakorewe abatutsi bari i Nkomero yagenze.
Knowless yabanje gusobanurirwa uko Jenoside yakorewe abatutsi bari i Nkomero yagenze.

Nyuma y’ubwo buhamya Knowless yashyize indabo ndetse yunamira inzirakarengane zazize Jenoside zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nkomero.

Yasobanuye ko yaje gusura izo mfubyi n’abapfakazi ba Jenoside nyuma yo guhabwa amakuru y’uko bamwe muri bo babayeho mu buzima bubi ndetse ngo kuva Jenoside ibaye mu Rwanda nta muntu bari bakabonye uturutse kure ngo aze kubasura nk’uko hirya no hino bagenda babyumva ngo abirunaka basuwe.

Knowless yashyize indabo ndetse yunamira inzirakarengane zazize Jenoside zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nkomero.
Knowless yashyize indabo ndetse yunamira inzirakarengane zazize Jenoside zishyinguye mu rwibutso rwa Jenoside rwa Nkomero.

Agira ati: “Muri gahunda zanjye nari mfite intego yo kuzasura imfubyi n’abapfakazi babaye kurusha abandi noneho aho menyeye ko abo mu Nkomero babayeho nabi nahisemo kuza ngo mbasure”.

Ibiribwa birimo umuceli, ifu y’ibigori, amavuta, amasabune, ibirenge hamwe n’amatungo magufi yabageneye yasobanura ko kugira ngo abibone yabifashijwemo n’abakunzi be ba muzika yagejejeho icyo gitekerezo maze nabo ntibamutenguhe bakishimira kumushyigikira muri icyo gikorwa.

Ibi ni bimwe mu biribwa yatanze.
Ibi ni bimwe mu biribwa yatanze.

Yakomeje atangaza ko azakomeza gufasha uko ashoboye imfubyi n’abapfakazi basizwe iheruruheru na Jenoside yakorewe Abatutsi.
Imfubyi n’abapfakazi bari mu byiciro binyuranye ku buryo abifite bashobora gufasha abatishoboye bagasangira ibihari nta mururumba no kwikubira kubayeho nk’uko Knowless yabivuze.

Yahamagariye n’abandi Banyarwanda bafite imitima itabara kugera ku barokotse Jenoside batishoboye kugira ngo bababe hafi babarinde guheranwa n’agahinda bumva ko basigaye ari bonyine nta muntu n’umwe ubitayeho.

Mu byo yatanze harimo n'ibitenge.
Mu byo yatanze harimo n’ibitenge.

Ashingiye ku nsanganyamatsiko yatoranyijwe muri uyu mwaka wa 2013 wibukwamo ku nshuro ya 19 Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda yasabye abayirokotse kurushaho guharanira kwigira ngo kuko nawe ubwe yakuze azi neza ko umuntu yigira atakwigira agapfa.

Gasigwa Emmanuel umwe mu bana b’imfubyi za Jenoside wasuwe na Knowless agasiga anamufashe mu mugongo yatangaje ko kuba hari abantu bicara bakabazirikana nk’uko yabitekerehe ari ibintu birushaho kubashimisha.

Ihene Knowless yatanze ku miryango y'abarokotse Jenoside batishoboye mu karere ka Nyanza.
Ihene Knowless yatanze ku miryango y’abarokotse Jenoside batishoboye mu karere ka Nyanza.

Umuhanzi Knowless yamenyekaniye ku ndirimbo zinyuranye mu Rwanda zirimo Nkoraho, Sinzakwibagirwa n’izindi nyinshi.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

wow ndishimye ,unkoze kumutima knowless pe Imana iguhe umugisha kandi iguhe icyo umutima wawe wifuza thx,

Nyiraneza Marie Claire yanditse ku itariki ya: 26-04-2013  →  Musubize

knowless Imana iguhe umugisha iyo ufashije ifubyi n’abapfakazi uba ufashije Imana kdi Imana isubize aho wakuye!

neema yanditse ku itariki ya: 21-04-2013  →  Musubize

Gd , gusa mwakosora , Nkomero ni mu murenge wa Mukingo , si muri Busasamana.Mwaribeshye . Thx !!!

Peter yanditse ku itariki ya: 17-04-2013  →  Musubize

Imana iguhe umugisha knowless kwibuka impfubyi nabapfakazi isubize aho wakuye thx

olyno yanditse ku itariki ya: 17-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka