Dj Adams agiye gusubizwa mu rukiko

Umunyamkuru kuri City Radio Aboubakar Adams uzwi ku izina rya Dj Adams ngo yaba agiye gusubizwa mu rukiko nyuma y’umwaka amaze afungishijwe ijisho kubera ibirego akurikiranweho byo kuryamanye n’umwana w’umukobwa utaruzuza imyaka 18.

Tariki 08/05/2013 mu masaha ya nimugoroba, twaganiriye na Dj Adams adutangariza ko ku wa kane w’icyumweru gitaha, tariki 16/05/2013 azajya kuburana. Yagize ati: “...ku le 16 uku kwezi ndajya kuburana.
Ya dossier ya zamani bongeye barayizura.”

Dj Adams yakomeje atubwira ko mu by’ukuri urubanza rutari rwararangiye ahubwo ko yari afungishije ijisho mu gihe kingana n’umwaka wose urenga.

Ibi bikaba byari byarasabwe n’umuburanira Hillary Gumisiriza nyuma yo kugaragaza ko Dj Adams adateze gusibanganya ibimenyetso kandi ko azitaba urukiko igihe cyose azaba akenewe nta mananiza.

Kuba yari afungishijwe ijisho ntacyo byongera cyangwa se ngo bigabanye ku cyaha aregwa ndetse no ku gihano ashobora gufatirwa aramutse ahamwe n’icyaha.

Ubwo yatabwaga muri yombi tariki 12/12/2011, Dj Adams yavuze ko yari azi ko uwo mukobwa afite imyaka 21. Icyaha aregwa kiramutse kimuhamye, Dj Adams yafungwa igihe gishobora no kugera ku myaka 25.

Dj Adams yamenyekanye cyane kubera ikiganiro yakoraga kuri City Radio kijyanye n’imyidagaduro “The Hot Furahiday” ubu cyahindutse “Igicamunsi”.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 9 )

Ubundi uyu mutype yaritondaga sinzi uko byamugendekeye kabisa. Gusa nyine nibyabindi byo kuba ngeso nziza gusa nta Yesu ubirimo zigupfira ubusa. Ihane wakire Yesu niwe uzagushoboza n’iyo wafungwa Yesu azakomeza kubana nawe

Josée yanditse ku itariki ya: 14-05-2013  →  Musubize

Utarakora icyaha ninde
ntugacire undi urubanza
kuko ejo ni wowe
ahubwo ni musabirane
mwihane muve mubyaha
mwakire Yesu mumitima yanyu.

Umukristo yanditse ku itariki ya: 13-05-2013  →  Musubize

niyihangane bibaho kwibeshya ark azahagarare kigabo.

fabu yanditse ku itariki ya: 11-05-2013  →  Musubize

Ok niba yarakoze icyaha azahanwe ariko niba yarabikoze yibeshye kumwana,yihangane ntawe utibeshya.Pole sana

Poly yanditse ku itariki ya: 10-05-2013  →  Musubize

ariko se harigihe ubona umukobwa ukagirango ni mukuru kubera usanga akurusha nokubiraba ubworero ubo bakobwa nabo bajye bitonda nkubu ngewe nakundanye nu mukobwa mubwiye ko arumwana arambwirako afite 25ans ngo ariko ababyeyi be babeshya ko afite 17ans

urukundo yanditse ku itariki ya: 10-05-2013  →  Musubize

uwo musore nahamya nicyaha urukiko ruzamukatire urumukwiye kugirango hacike gusambanya abana

doudou yanditse ku itariki ya: 10-05-2013  →  Musubize

nuko ntakundi mujye mubanza mubake indangamuntu zabo

kamasa yanditse ku itariki ya: 10-05-2013  →  Musubize

turamusabira ku mana ntazafungwe.courage dj adams.

abedy yanditse ku itariki ya: 9-05-2013  →  Musubize

Igihano yahabwa aramutse ahamwe n’icyaha ni igifungo cya burundu y’umwihariko, ntabwo ari imyaka 25. Reba ingingo ya 191 ya Code Penal nshya. Keretse niba yarakoze icyaha mbere y’uko iyo code penal isohoka

umunyamategeko yanditse ku itariki ya: 9-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka