The Bless ngo ashobora gucurangisha indirimbo ye iningiri

Umuhanzi Twizerimana Christian uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya The Bless, avuga ko n’ubwo acuranga umuziki aba yatunganyirije muri studio, ashobora no gucuranga izi ndirimbo ze yifashishije iningiri ya Kinyarwanda kandi bigakomeza kunogera amatwi.

Uyu muhanzi ukirangiza amashuri yisumbuye, akuzwe cyane mu ntara y’Amajyaruguru, cyakora ngo arateganya kwagura umuziki we ku rwego rw’igihugu, kugirango abe yabasha kwigarurira abafana mu bice byose, gusa ngo ibi azabyinjiramo n’umwimerere w’umuziki we.

Ati: “Nkora indirimbo mu njyana za kizungu zigakundwa. Gusa izi njyana ntabwo wazijyana ku ruhando mpuzamahanga ngo zitware neza. Mfite umwihariko wo gucuranga iningiri yanjye bikaryoha mu minsi iri imbere nzareba uko nakwita cyane ku bikoresho gakondo, mbihuje na bike bigezweho”.

The Bless ahagurutsa benshi muri Musanze kurusha bamwe mu bahanzi bazwi cyane.
The Bless ahagurutsa benshi muri Musanze kurusha bamwe mu bahanzi bazwi cyane.

Uyu muhanzi, avuga ko yatangiye umuziki ari umwana muto, ubwo yigaga mu mashuri abanza, akaba yaririmbiraga abanyeshuri nk’igihe cyo kubwira amanota, cyakora ngo yaje kujya muri studio bwa mbere mu mwaka wa 2009.

Ati: “Nahimbye indirimbo nyinshi cyane ndi umwana muto. Hari ubwo ngira gutya nkibukamo imwe nkahita nyikora neza muri studio”.

Zimwe mu ndirimbo za The Bless zizwi ni nka Mpa Umwanya, Ikibazo n’izindi. N’ubwo ataratangira ibitaramo bye bwite, ngo amaze kuririmbira ahantu henshi kandi umuziki we ukishimirwa.

Iyo aririmba usanga urubyiruko rumufasha.
Iyo aririmba usanga urubyiruko rumufasha.

Ati: “Umuziki wanjye ntabwo ugarukiye i Musanze. Mperutse mu Mutara Polytechnic ubwo batoraga miss. Natunguwe no kubona ko ndi mu bahanzi babiri bahagurukije imbaga kurusha abandi. Sinari nzi ko banzi kuko mba Musanze, cyane ko ariho iwacu, niho nize ndetse ni naho nkorera umuziki”.

Uyu muhanzi uvuga ko azi gucuranga kuri gitari ndetse no kuvuza ingoma, avuga ko umuhanzi akwiye kuba abasha kuririmbira imbere y’abantu, ndetse akaba abasha gucuranga igikoresho cya muzika byibura kimwe.

Jean Noel Mugabo

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

muzagere ahantu hitwa i karenge ya bicumbi haba umwana ufite impano y’ubuproducer kuburyo butangaje kdi ntaho yabyigishijwe yitwa j.Remy Nsengiyumva

JMV yanditse ku itariki ya: 19-02-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka