Uyu ni we muhanzi Nkurunziza François wakunzwe na benshi ariko batamuzi
Kigali Today yababoneye ifoto y’umuhanzi Nkurunziza François wakunzwe na benshi kubera ibihangano bye, ariko batazi isura ye.
Nkurunziza yavukiye i Gahini muri Kayonza mu Murenge wa Gahini mu Ntara y’Iburasirazuba mu cyahoze ari Perefegitura ya Kibungo.
Yaririmbye indirimbo zirimo ubuhanga bw’ikinyarwanda gikomeye n’amagambo y’ubwenge , zigisha abantu kubana mu mahoro.
Album ye ya mbere yayise ‘Umubano mu bantu’.
Mu ndirimbo ze zakunzwe na n’ubu zigikunzwe harimo Uko Nagiye i Bugande, Amahoro ku giti cy’umuntu, Ikigeni, Kijyambere, Urugamba, Nyirakanyana, Uwigorora aba ashira impumu, Wambaye Ingabire, Mahirwe yanjye, Naragukunze rurakeba, n’izindi.
Nkurunziza François ubu agize imyaka 68 kuko yavutse mu 1951.
Umva indirimbo Uko Nagiye i Bugende ya Nkurunziza François
Iyi na yo ni indi ndirimbo ya Nkurunziza François yise Ikigeni
Ibitekerezo ( 22 )
Ohereza igitekerezo
|
Mumubaze niba yaza gutaramira abanyarwanda nkuko ba Byumvuhore babigenza.
Mutubwire niba akiriho naho aba abakunzi be tumushake tumenye uko abayeho niba hari na gift umuntu yamuha ayimuhe. Aririmba indirimbo zubwenge.
Muraho,nibyiza cyane uyu muhanzi yarakinzwe nanjye mukunda kuva ndi umwana muto ,ariko mu Rwanda itangaza makuru rigira umuco mubi wogukina ibihangano by’abahanzi ntacyo ribamariye niyo mpamvu abahanzi bo mu Rwanda usanga bakennye .uyu mugabo narinzi ko yapfuye nigute bivuruguta mu bihangano bye kuva intambara yarangira ubu akaba aribwo amenyeka ko akiriho?cg muratubeshya siwe?!
I kigeni irahari kuri you tube niba uyishaka nubu wambwira nkaguha link yayo , indirimbo ze hafi ya zose ziba kuri you tube, Njyewe twahuye I rwamagana nyuma yi intambara, nubwo yari mu kaga Ariko naramwegereye gato gato musangana ubumuntu budasanzwe
Yari umugabo utuje Kandi Ufite inseko nziza
Aganira mu kinyarwanda cyibuganza ntutahure ibyo avuze
Nubwo Nari umwana naguhaye ishusho ye mu maso
Nkajya musabira ngo byibuza azongere aducurangire
Niba aba mu bubiligi byo tuzahura nzatega indege duhure mwibutse ibyo bihe nubwo nzi neza ko ataba anyibuka
Ndanezerewe ko ari amahoro
Rwose uno musaza ni umuhanga ku rwego rwo hejuru njyewe hari indirimbo ze numva no kuzisobanura bikangora kabisa. Imana ikomeze kumurinda
Rwose uno musaza ni umuhanga ku rwego rwo hejuru njyewe hari indirimbo ze numva no kuzisobanura bikangora kabisa. Imana ikomeze kumurinda
Uyu musaza ndamukunda ntimushobira kubyumva gusa nifuza kuba namubona imbona nkubone nkamubaza ijambo rimwe rijyanye n’indirimbo ze cyane ivuga ngo aho nanitse ntiriva.
Murakoze cyane. Nishimiye kumubona isura, ni umuhanzi w’ikirenga. Kuri jye ari mu bo ku isonga. We na Kabengera Gabriel, Twagirayezu Cassien, Rugamba, urwenya rwa Byumvuhore hari n’abandi nka 2 nibagiwe amazina ooooh mbafata nk’igicumbi cy’inganzo nyarwanda. Uzi ko indirimbo zabo zitava kuro mode. Abana bato mbona bitabira ubuhanzi cyane, bagendere kuri aba bakurambere mu muziki.
Wow! Nifuzaga kubona ifoto ya Nkurunziza pe! Ndamukunda cyane numuhanga mubahanga kabisa mu Rwanda dufite nkunda ibihangano bye cyane
Ese abaho cg yarapfuye?
Ndamukunda cyane indirimbo ze ziranyubaka ese atuye he ngo umuntu azamusure
imana ibahe umugisha murakoze kumunyereka uko ngiye kuryama amahoro kugiti cyumuntu niyo ambikira ,,,aba murwanda se cyangwa