Kidumu azitabira ukumurika alubumu “Mudakumirwa” ya Kamichi

Umuhanzi wo mu gihugu cy’u Burundi Kidumu azitabira igitaramo cyo kumurika alubumu “Mudakumirwa” ya Kamichi kizaba tariki 30.11.2013.

Mu kiganiro twagiranye na Kamichi ubwo yari akiri mu gihugu cya Kenya, yadutangarije ko indirimbo ari gukorana na Kidumu nirangira bazahita baganira ku gikorwa cyo kumurika alubumu “Mudakumirwa” kuko azacyitabira.

Kamichi na Kidumu muri studio kwa Rkay Nairobi.
Kamichi na Kidumu muri studio kwa Rkay Nairobi.

Kamichi, ubwo twamubazaga amakuru yagize ati: “Ni sawa ndaho ndakomeye, indirimbo yitwa ‘Gatima kanjye’ izarangira muri iki cyumweru. Nzagaruka kuwa kane cyangwa kuwa gatanu. mfite gukorana indirimbo na Kidumu hanyuma tukavugana kubya launch agomba kuzamo ku itariki 30 z’uku kwezi.”

Indirimbo “Gatima Kanjye” ya Kamichi na Kidumu yakorewe kwa Rkay Nairobi muri Kenya nk’uko Kamichi yakomeje abidutangariza.

Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

ewana iyo foto irasebya umusaza kidumu kibido reba iyo kabutura vraiment

nameless yanditse ku itariki ya: 11-11-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka