Young Grace yagejejwe kuri Polisi ya Nyamirambo ngo ashyikirizwe ubushinjacyaha
Umuhanzikazi Young Grace nyuma yo gufatwa na Polisi ya Gisenyi (Police Station) aho yafatiwe mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka Rubavu, kuri ubu yamaze gushyikirizwa Polisi ya Nyamirambo aho agomba guhita ashyikirizwa Parike.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Uburengerazuba Spt Emmanuel Hitayezu, yadutangarije ko Young Grace yoherejwe i Kigali kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamirambo ku wa 3 Kamena 2015 kuko ari yo yamushakaga.
Polisi ya Nyamirambo na yo yemeza ko yamaze kumwakira ngo bakaba bitegura gushyikiriza dosiye ye ubushinjacyaha.
CSP Celestin Twahirwa, Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda, we yadutangarije ko kuzana Young Grace i Kigali ari ukugira ngo abe ari ho akurikiranirwa kuko ngo ari ho yakoreye ibyaha ashinjwa.
Akomeza avuga ko aregwa ibyaha byinshi bitandukanye harimo n’icy’ubwambuzi bushukana.
Ngo bari bategereje kumuta muri yombi kugira ngo dosiye ye ibone gushyikirizwa Parike none ngo ubwo bamaze kumufata bari bumutangane na dosiye ye, urukiko rukaba ari rwo ruza kugena igihe ruzamuburanishiriza.
Marie Clemence CYIZA UWIMANIMPAYE
Ibitekerezo ( 9 )
Ohereza igitekerezo
|
ooh birababaje kandi biratangaje,mama we narebe uko yamwishyurira,ariko nabandi barebereho bareke ingeso mbi zubusambo,young grace tukurinyuma ,ihangane bibaho man.
nabandi batekereza gukora amakosa nkana barye barimenge
kuko ubutabera bufatanije na RNP biteguye gushyira mu bikirwa ibyo amategeko ateganya
.
nabandi batekereza gukora amakosa nkana barye barimenge
kuko ubutabera bufatanije na RNP biteguye gushyira mu bikirwa ibyo amategeko ateganya
.
SIWE GUSA UBU UWARI AFFAIRS SOCIAL W.AKAGARI KA NYAKAGARAMA NDETSE NA RURENGE MU MURENGE WA RUKOMO AKARERE KA NYAGATARE AFUNGIYE KURI STATION YA POLICE YA GATUNDA IRI MU MURENGE WA GATUNDA AHO AKEKWAHO KWAKIRA RUSWA YA 20000 FRWS.
Njye ndababaye cyane. nzamugemurira cyangwa mwishyurire
Namenye ko mu rwanda ntaho wacikira ubutabera. Kandi naho yari yihishe nimurwanda
Namenye ko mu rwanda ntaho wacikira ubitabera kandi na rubavu ni mu rwanda
oya nibamufate ntibagateke imitwe.
Birababaje Cyane Peee!!!! Gusantagobikwiye Kumuhanzi W’umunyarwandakazi.